Bite ku mudepite unenga ubutegetsi bwa Perezida Nkurunziza?

Sangiza iyi nkuru

Umudepite witwa Fabien Banciryanino uhagarariye Intara ya Bubanza bamwe bita intwari, utemera imigirire y’ishyaka riri ku butegetsi rya CNDD-FDD ntabwo yigeze ashyigikira ingingo iha icyubahiro n’izina Perezida Nkurunziza nk’uwaharaniye amategeko mu gihugu.

Uyu mudepite ngo yaba yaramaze kurambirana, akaba yarakuriweho n’ubudahangarwa (immunité Parlementaire).

Muri Mutarama 2020 ni bwo inteko ishinga amategeko y’iki gihugu yatoye ingingo yo guha Perezida Nkurunziza ishimwe ry’uko yayoboye igihugu neza mu myaka 15 ishize. Ishimwe ririmo impano zitandukanye azahabwa ndetse n’izina ry’Umutware w’Ikirenga’.

Depite Banciryanino mu nama y’inteko ishinga amategeko yo ku wa 19 Gashyantare yemeje imyiteguro y’uko Perezida Nkurunziza agiye kwitwa ‘Imboneza yamaho (ihoraho) yo kuzirikana gukunda no gukundisha igihugu’. Uyu mudepite ahuza igitekerezo na bamwe muri bagenzi be batari mu ishyaka rya CNDD-FDD. Yavuze ko iki gitekerezo kiri nyuma y’abo yise ‘ba ndisabiye’.

Yagize ati: “Ndumva iyi ngingo yabayemo abitwa ba ndisabiye bakomeza kwezi umuntu uko atari. Umukuru w’igihugu wa kino gihe ntakwiriye iri shimwe.”

Mu mashusho dufite uyu mudepite ari mu nteko ishinga amategeko, avuga ibi ngibi yifashishije ingingo zitandukanye zirimo:

Kutubahiriza uburenganzira bw’abanyamakuru no gufunga ibinyamakuru, ubwicanyi bwakorewe abaturage, kuba abaturage barahungiye mu Burundi bamwe bakaba barahezeyo, kuba ku butegetsi bwe harabaye amacakubiri, abantu bishwe n’inzara, ifaranga rita agaciro, kuba igihugu kiri mu bya mbere bikennye ndetse na ruswa ibayo iri ku rwego rwo hejuru.

Kurambirana kwa Depite Banciryanino ku butegetsi bwa CNDD-FDD?

Hari amajwi Bwiza.com ifite yumvikanamo umwe mu badepite avuga ko mugenzi we Fabien Banciryanino ari umunyagashinyaguro n’agasuzuguro. Aya majwi yasohotse ku munsi wakurikiye uw’inama yahuje abagize inteko ishinga amategeko.

“Njyewe nka Honorable namaganye ijambo ry’agashinyaguro n’agasuzuguro uyu mushingamategeko w’i Bubanza witwa Fabien waraye yifatiye mu gahanga umukuru w’igihugu, imboneza yamaho twese twemera kandi twubaha, amutuka, amushinyagurira imbere y’abitorewe n’abenegihugu…”

Ku bw’ibyo, uyu mudepite yasabye inteko ishingamategeko ngo “Ikoranye inama isanzwe cyangwa idasanzwe ikureho Depite Banciryanino ubudahangarwa. Kuva kera mwari mwumva umuntu ahangara umwami? Cyaraziraga! Uko ni ukutagira uburere.”

Mu ijambo ryakurikiyeho, uyu mudepite yumvikana yishimira ko “Ingingo yo kwambura Depite Fabiano ubudahangarwa yatowe.”

Gukura ubudahangarwa kuri Depite Banciryanino biha inzira kumujyana imbere y’ubutabera, agasobanura aya magambo yavuze, bamwe muri bagenzi be bavuga ko ari ugusuzugura umuyobozi ukiriho kandi wamaze guhabwa izina ry’Imboneza yamaho.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *