Rutahizamu Bizimana Yannick ukinira ikipe ya APR FC, yaraye atawe muri yombi na Polisi y’Igihugu nyuma yo kumufata atwaye imodoka yarengeje amasaha yo gutaha yanarengeje igipimo cy’ibisindisha umuntu adakwiye kurenza atwaye ikinyabiziga.
Yannick yafatiwe i Nyamirambo mu karere ka Nyarugenge ahita ajya gufungirwa kuri Sitasiyo ya Polisi yo muri kariya gace nk’uko B&B FM yabitangaje.
Byitezwe ko Yannick afungwa igihe gito mbere yo kurekurwa atanze amande.
Yannick Bizimana yasinye muri APR FC muri Kanama 2020 avuye mu ikipe ya Rayon Sports aguzwe miliyoni 20Frw.
Uyu Rutahizamu kugeza ubu afite ibitego umunani muri Shampiyona y’umupira w’amaguru mu Rwanda igeze mu gice cyayo cya nyuma.
Yatawe muri yombi mu gihe ku wa Gatandatu tariki 5 Werurwe 2022 APR FC iri mu rugamba rw’igikombe cya shampiyona izakina n’Ikipe ya Gasogi FC ku munsi wa 20 wa Shampiyona, mu mukino ashobora kutazagaragaramo.


