Bobi Wine yamaganye ibitero bya UPDF kuri ADF muri Congo

Sangiza iyi nkuru

Uwabaye umukandida ku mwanya wa perezida mu matora aheruka, Robert Kyagulanyi, uzwi ku izina rya Bobi Wine, yavuze ko ibitero by’ingabo za Uganda (UPDF) ku barwanyi ba ADF muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo bitemewe.

Nk’uko iyi nkuru dukesha Daily Monitor ivuga, Bobi Wine, usanzwe ari n’umudepite, yavuze ko ibitero byagabwe Inteko ishinga amategeko itabanje kugishwa inama binyuranyije n’itegeko rya UPDF, ingingo ya 39 n’iya 40, n’ingingo ya 124 y’Itegeko Nshinga ryerekana ko Perezida agomba kumenyesha Inteko Ishinga Amategeko mbere yo gutangiza ko intambara.

Ati: “Iyo igihugu gitangiye kwibasira inyeshyamba mu kindi gihugu kidakurikije amategeko, icyo gihe haba hari byinshi byo guhangayikira. Ni muri Uganda gusa aho umwiyahuzi yiyahuye agashwanyagurikira mu iturika kandi guverinoma irabazi amazina n’idini ”.

Umuvugizi wa UPDF, Brig Flavia Byekwaso, yavuze ariko ko iki gikorwa ari amasezerano ahuriweho n’ibihugu byombi. Yavuze ko Perezida Museveni, umugaba w’ikirenga w’ingabo, azatanga ibisobanuro birambuye kuri iki kibazo vuba aha.

Soma Izindi Nkuru

2 Responses

  1. Bobi Wine yamaganye ibitero bya UPDF kuri ADF muri Congo
    iki ni ikibazo cy’africa yose si umwihariko wa uganda

  2. Bobi Wine yamaganye ibitero bya UPDF kuri ADF muri Congo
    iki ni ikibazo cy’africa yose si umwihariko wa uganda

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *