Bobi Wine yasabye abamushyigikiye gutanga agahenge nyuma yo kurazwa ku muhanda

Sangiza iyi nkuru

Umuhanzi akaba n’umudepite, Robert Kyagulanyi Ssentamu uzwi nka Bobi Wine, yasabye abamushyigikiye guha agahenge inzego z’umutekano birinda gukomeza guhangana na zo, nyuma yo kurazwa na zo ku muhanda mu ijoro ryakeye.

Kuva ibikorwa byo kwiyamamaza byatangira muri Uganda, Bobi Wine yakunze kugirana ubwumvikane buke n’abashinzwe umutekano ku bijyanye n’uko agomba gukora ibikorwa byo kwiyamamaza ntawe abangamiye.

Muri uko kutumvikana inzego zishinzwe umutekano zakunze kumukumira mu bikorwa byo kwiyamamaza no gukora ibiganiro mu bitangazamakuru, zimushinja kunyuranya n’amabwiriza agenga ibikorwa byo kwiyamamaza.

Mu butumwa Depite Kyagulanyi yanditse kuri Twitter mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu, yavuze ko inzego z’umutekano zamwangiye kwinjira muri Hoteli yari yakodesheje mu gace ka Hoima, ibyatumye we n’abari bamuherekeje barara mu mudoka.

Yagize ati: “Gahunda yacu yo kurara muri Hoima yaburijwemo nuko abapolisi bafunze imihanda yose. Twerekeje i Migera ariko Polisi ku itegeko rya na DPC Patience Namara na OC Byaruhanga bategetse amahoteri yose kutatwakira. Byadusabye kurara ku muhanda, turyama mu modoka! Mu gihugu cyacu.”

Abanyamakuru bari baherekeje Bobi Wine na bo baraye mu modoka.

Polisi ya Uganda ntacyo iratangaza ku kuba Kyagulanyi yarajwe ku muhanda, gusa Komiseri muri Polisi Asan Kasingye yavuze ko yababajwe n’ibyakorewe Bobi Wine, akavuga ko atumva impamvu hari uwatinyutse kubikora

Bobi Wine aganira n’itangazamakuru muri iki gitondo, yasabye abamushyigikiye kwirinda gushotora abashinzwe umutekano, ngo kuko ikibi kitarwanywa n’ikindi.

Ati: “Nzi ko ibihe turimo birimo ukwenderezanya no kurakarazanya, ariko dufite inshingano zo gukomeza gutuza. Ikibi ntikirwanyishwa ikindi.”

Komisiyo y’amatora muri Uganda yaherukaga kwandikira IGP Martin Ochola Okoth uyobora Polisi ya Uganda, imusaba ko Polisi yahagarika gukumira abakandida mu duce bateganyijemo ibikorwa byabo byo kwiyamamaza.

Umuyobozi w’iriya Komisiyo, Justice Simon Byakamana, yavuze ko irogoya ry’ibikorwa byo kwiyamamaza rikorwa na Polisi ryateje ubushyamirane hagati y’inzego z’umutekano n’abashyigikiye abakandida, bihesha isura mbi ibikorwa bya Komisiyo y’amatora.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *