Bujumbura: Umusore yafashwe na polisi ahita yikata umuhogo

Sangiza iyi nkuru

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 24 Kanama 2016, nibwo mu mujyi wa Bujumbura umucuruzi wa telefone zakoze yagerageje kwiyahura ari mu maboko ya polisi, akaba yarafashe urwembe agahita yikata umuhogo.
Burundi
Uyu mugabo yikase umuhogo akoresheje urwembe nyuma yuko yari amaze gufatwa na polisi mu gihe yari igiye kumujyana kumufunga, gusa bigakekwa ko yaba yaragize ubwoba ko ashora kugirirwa nabi agejejwe muri gereza.
Uyu mugabo akaba yitwa Niyonizigiye Samuel, yari utuye muri zone ya Kamenge iherereye mu majyaruguru ya Bujumbura akaba avuka mu karere ka Makebuko gaherereye mu ntara ya Gitega.
Ababonye biba, batangaje ko icyatumye Samuel yiyahura yagize ubwoba kuko polisi yamusaba ruswa dore ko yakundaga kumuta muri yombi kandi yaherukaga gutabwa muri yombi inshuro 2 afungirwa mu gereza y’isoko ariko aza gusohoka atanze ruswa kugirango arekurwe.
Umuvugizi wa Polisi yahakanye amakuru yavugaga ko yiyahuye kuko bari bamusabye ruswa, avuga ko Atari n’ubwa mbere yari akurikiranwe n’inzego z’umutekano.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Tuyishime Malachie/Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *