Buri wese arabizi ko itsinda rya Kyagulanyi ryibye amajwi_Museveni

Sangiza iyi nkuru

Perezida wa Repubulika ya Uganda, Yoweri Museveni avuga ko buri wese azi neza ko itsinda rya Depite Robert Kyagulanyi (Bobi Wine) bari bahanganye cyane mu matora, ryibye amajwi mu bice birimo umujyi wa Kampala.

Uyu Mukuru w’Igihugu yabitangaje tariki ya 14 Werurwe 2021 ubwo yagezaga ubutumwa ku Bagande bose, ahakana ibyatangajwe na Bobi Wine wavuze kenshi ko ishyaka rye NRM ryibye amajwi mu matora ya Perezida yabaye muri Mutarama.

Perezida Museveni yavuze ko ibya Bobi Wine yashinje NRM atari ukuri, ko ahubwo itsinda ry’ishyaka NUP rye ari ryo ryibye amajwi. Ati: “Buri wese muri Uganda azi abibye amajwi ari itsinda rya Kyagulanyi. Ni iyibwa ry’amajwi rikomeye mu bice by’igihugu ryakozwe n’urubyiruko rwo mu muryango wa NUP.”

Ibice Perezida Museveni yavuze itsinda rya Bobi Wine ryibyemo amajwi birimo: Kampala, Wakiso, Kyotera n’ibindi byagaragayemo ubwiganze bw’amajwi y’uyu mudepite nk’uko Daily Monitor ibivuga.

Yavuze ko muri ibi bice, itsinda rya Bobi Wine ryafatiranyije abarinzi b’amajwi bo muri NRM bari bafite intege, rirayiba ndetse “riha abapolisi ruswa”.

Bobi Wine yifashishije urubuga rwa Twitter, yarakajwe n’iri jambo rya Perezida Museveni, maze yandika ati: “Muyamuhe-ubushobozi bwo kubeshya yumirije buracyambabaza. Abanyagitugu no kubura isoni! Mu gihe uburyo yibyemo amajwi burazwi, umujura w’amatora aje kurega abo yibye (akanabafungirana mu nzu).”

Amatora yabaye tariki ya 14 Mutarama, nyuma y’iminsi ibirir Komisiyo y’Igihugu iyashinzwe itangaza ko Museveni yatsinze afite amajwi 58.64%, Bobi Wine wamukurikiye agira amajwi 34.83%.

Bobi Wine ntiyigeze yemera ibyavuye mu matora ndetse byatumye ajya kurega mu Rukiko rw’Ikirenga kugira ngo rubiteshe agaciro. Gusa uru rukingo rwateye utwatsi iki kirego, ruvuga ko nta shingiro gifite.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *