Burkina Faso: Lt Col. Damiba yemejwe nka Perezida w’Agateganyo

Sangiza iyi nkuru

Guverinoma ya gisirikare ya Burkina Faso yavuze ko yasubijeho itegeko nshinga nyuma y’icyumweru bahiritse ubutegetsi, kandi ishyiraho uwayoboye ihirika ry’ubutegetsi, Lieutenant-Colonel Paul-Henri Sandaogo Damiba, nka Perezida w’agateganyo.

Iki cyemezo kibaye nyuma gato y’uko Umuryango w’Ubumwe bw’Afurika (AU) uhagaritse Burkina Faso kubera kwigarurira ubutegetsi kandi abadipolomate bo muri Afurika y’iburengerazuba ndetse n’Umuryango w’Abibumbye basaba ko abasirikare basubiza ubutegetsi abasivili.

Mu itangazo ryasomwe kuri televiziyo kuri uyu wa Mbere, guverinoma ya gisirikare yatangaje ko yemeje “itegeko shingiro” “rikuraho ihagarikwa ry’itegeko nshinga”, rikaba ari igikorwa cyari cyatangajwe nyuma yo guhirika ubutegetsi ku ya 24 Mutarama.

Inyandiko y’ingingo ya 37 yemera ubwigenge bw’ubucamanza no gufata umuntu nk’umwere igihe atarahamwa n’icyaha, ndetse n’ubwisanzure bw’ibanze buvugwa mu itegeko nshinga nk’ubwisanzure bwo kugenda n’ubwisanzure bwo kuvuga, nk’uko iryo tangazo ribitangaza.

Muri iryo tegeko shingiro Guverinoma ya gisirikare yiswe ku mugaragaro Muvoma y’abakunda igihugu yo gusigasira no gusubiza mu buryo (MPSR) – “ryemeza ikomeza rya leta mu gihe hategerejwe ishyirwaho ry’inzego z’inzibacyuho”.

Itangazo ntabwo yatanze igihe inzibacyuho izamara.

Ryemeje ku mugaragaro ukuriye abahiritse ubutegetsi, Lieutenant-Colonel Paul-Henri Sandaogo Damiba nka Perezida wa MPSR.

Uruhare rwe rukubiyemo kandi kuba “Perezida wa Burkina Faso, umukuru w’igihugu n’umuyobozi mukuru w’ingabo”.

Soma Izindi Nkuru

2 Responses

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *