Burundi: Abategetsi bakomeje gusobanya imvugo ku ngingo y’Abarundi baburirwa irengero

Sangiza iyi nkuru

Abategetsi b’u Burundi bakomeje gusobanya imvugo ku bijyanye n’abaturage b’iki gihugu bakomeje kuburirwa irengero, mu gihe bikekakwa ko baba bashimutwa n’inzego zibishinzwe umutekano.

Ishyaka CNL ritavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Burundi riherutse gutangaza ko rihangayikishijwe n’abarwanashyaka baryo bakomeje gushimutwa hirya no hino mu gihugu, bikarangira bajyanwe ahantu hatazwi yemwe bamwe bakanicwa.

Mu minsi ishize CNL yatangaje ko ifite amakuru y’uko Ngomirakiza Elie wari uyiyoboye muri Komini Mutimbuzi mu ntara ya Bujumbura yishwe, nyuma yo kuburirwa irengero.

Cyakora cyo Leta y’u Burundi ivuga ko nta muntu n’umwe wigeze uburirwa irengero izi, mu gihe impirimbanyi z’uburenganzira bwa muntu zidahwema gutabariza abirirwa baburirwa irengero umusubirizo.

Perezida Evariste Ndayishimiye mu kiganiro yagiranye n’umunyamakuru Sonia Rolley wa RFI ku wa 14 Nyakanga, yavuze ko abo byitwa ko baburirwa irengero ari inkozi z’ibibi ziba zarahungiye mu Rwanda.

Ati: “Icyo nzi ni uko hari abanyabyaha bajya kwihisha mu Rwanda, abantu bakavuga ko baburiwe irengero.”

Cyakora cyo n’ubwo Perezida Ndayishimiye avuga ko ababurirwa irengero ari abakora ibyaha bagahungira mu Rwanda, Umushinjacyaha Mukuru wa Repubulika y’u Burundi, Nyandwi Sylivestre, we avuga ko abo byitwa ko baburirwa irengero ari ababa baragiye mu mitwe yitwaje intwaro gusa ntibamenyeshe imiryango yabo aho berekeje.

Imbere y’itangazamakuru ku wa Gatatu tariki ya 28 Nyakanga yagize ati: “Abo imiryango yibwira ko bashimuswe ni ababa baragiye mu mitwe yitwaje intwaro bakagenda badasezeye imiryango yabo.”

Magingo aya nta mutwe urwanya ubutegetsi bw’u Burundi uzwi ukorera ku butaka bw’u Rwanda, ibishimangira ukuvuguruzanya hagati y’aba bategetsi bombi.

Muri Kamena uyu mwaka bwo Perezida w’Inteko Ishinga amategeko y’u Burundi, Daniel GĂ©lase Ndabirabe, we yavuze ko abitwa ko baburirwa irengero ari abashukwa na bene wabo bakabasanga muri Canada.

Ati: “Abavugwa ko bashimuswe ni abantu bumvise induru y’Abarundi bari hanze babashuka ngo nibahunge bakabashakira Visa zo kujya muri Canada, hanyuma bagasigara bavuga ngo baburiwe irengero.”

Ibi kandi binyuranyije n’ibyatangajwe na Komisiyo yigenga y’Uburenganzira bwa muntu mu Burundi ivuga ko iperereza yakoze ryagaragaje ko “nta muntu n’umwe mu Burundi waburiwe irengero muri 2020.”

Leta y’u Burundi ivuga ko nta muntu muri icyo gihugu uraburirwa irengero, mu gihe umuryango FOCODE uharanira Uburenganzira bwa Muntu uvuga ko iperereza wakoze ryerekana ko kuva muri 2016 abarenga 200 baburiwe irengero, barimo abarenga 30 babuze ku butegetsi bwa Ndayishimiye.

Uyu muryango n’indi iharanira uburenganzira bwa muntu irasaba Leta y’u Burundi gukora iperereza ikagaragaza irengero ry’aba bantu.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *