Major Desire Uwamahoro wahoze akuriye umutwe wa polisi ushinzwe kurwanya imyigaragambyo akaba yari akurikiranweho icyaha cyo kwiba amadorali asaga ibihumbi 200 umunyamahanga, yakatiwe gufungwa amezi 3 mu gihe yasabirwaga gufungwa umwaka.
Usibye uyu wakatiwe gufungwa amezi 3, bagenzi be bareganwaga buri umwe yaciriwe urubanza aho agomba no kwishyura amande ya miliyoni y’Amarundi.
Iyi nkuru dukesha urubuga rwo mu Burundi, UBMNews, ivuga ko uru rubanza rwaciwe kuri uyu wa kabiri, aho abunganira leta bari basabye ko Major Desire Uwamahoro akatirwa igifungo cy’umwaka, ariko urukiko ruza kumukatira gufungwa amezi 3.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Twababwira ko usibye iki cyaha yari akurikiranweho, Major Desire Uwamahoro yagiye anavugwaho gukoresha ingufu z’umurengera ku bigaragambyaga bamagana manda ya 3 ya perezida Nkurunziza ubwo yayoboraga umutwe w’igipolisi ushinzwe kurwanya imyigaragambyo.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Dennis Ns./Bwiza.com


