Bibaye ku nshuro ya gatatu IT News Africa ikora urutonde rukurikirana rw’ubukungu 10 bwa mbere muri Afurika muri GDP, muri 2018, 2020, ndetse no muri 2021. Muri iyo myaka itatu, habaye impinduka zimwe mu bukungu bwo hejuru muri Afurika ariko bwa mbere igihugu cya Cote d’Ivoire cyaje ku rutonde rwa 2021, mu gihe Afurika y’Epfo ikomeje kumanuka.
Dore ibihugu 10 bya mbere bikize ukurikije GDP mu 2021
10. Angola – GDP: Miliyari 66.49$
Angola yaramanutse igera ku mwanya wa 10 ivuye ku mwanya wa 7 muri 2020.
Kuva intambara y’abenegihugu ya Angola yarangira mu 2002, iki gihugu cyateye intambwe mu ivugurura rya politiki n’imiterere kugira ngo cyubake ubukungu bwifashe neza bushingiye kuri peteroli. Kurenga kimwe cya gatatu cya GDP muri 2020, na 90% by’amafaranga ava mu byo cyohereje hanze muri uwo mwaka byakomotse ku kugurisha peteroli.
Mu gihe cyari gisanzwe kizwiho umuvuduko uhamye mu iterambere, imbaraga ikoresha muri ibi bihe ntabwo zishimishije kuko Umusaruro mbumbe wacyo wagiye ugabanyuka uva kuri miliyari 91.527 $ umwaka wa 2020 ugera kuri miliyari 66.49 muri 2021.
Icyakora amakuru ya vuba yerekana ko igihugu gishobora gusubira mu nzira nziza y’iterambere.
9. Cote d’Iviore – GDP: Miliyari 70.99$
Ku nshuro ya mbere, Cote d’Ivoire irafatwa nka kimwe mu bihugu icumi bikize muri Afurika ukurikije GDP, imaze kwinjira ku rutonde ku mwanya wa 9.
Serivisi z’igihugu, inganda n’ubuhinzi zifatwa nk’izikomeye kandi zigize igice kinini cy’iterambere ry’igihugu ndetse na nyuma y’intambara ebyiri z’abaturage mu myaka 20 ishize.
8. Ghana – GDP: Miliyari 74.26$
Ghana ni imwe mu “mafarashi yijimye muri Afurika mu bijyanye n’ubukungu” kandi yashimangiye bucece imbaraga zayo mu kuzamura umusaruro wayo uva kuri miliyari 67.077 ugera kuri miliyari 74.26 muri 2021, izamuka ku rutonde.
Ghana yohereza hanze cyane cyane umutungo nka cacao, peteroli, zahabu n’ibiti.
Igihugu cyazamutse mu bukungu ho 6.7% mu gihembwe cya 1 cya 2019, aho peteroli itiyongera kuri 6%.
Umwaka ushize, Ghana yarageragejwe kubera impungenge ziyongera z’urwego rw’ingufu zatewe n’igiciro kinini ndetse n’itangwa rya gaze ariko cyashoboye guhangana n’icyorezo cya COVID-19 n’ibindi bibazo neza.
7. Ethiopia – GDP: Miliyari 93.97$
Ethiopia yafashe umwanya wa Angola urebye ku rutonde rw’umwaka ushize kuko yagiye (Angola)ku mwanya wa nyuma ku rutonde rw’ibihugu bikize cyane muri Afurika hagendewe kuri GDP.
Vuba aha, guverinoma ya Ethiopia yafunguye ubukungu bwayo bwihuta cyane ku bashoramari mpuzamahanga binyuze mu masezerano muri Ethio Telecom ndetse n’ibindi bigo bya Leta.
Icyakora, guverinoma y’iki gihugu na Minisitiri w’intebe bayo bakomeje kujorwa n’umuryango mpuzamahanga kubera ibyaha by’intambara bikorerwa mu ntara ya Tigray mu majyaruguru y’igihugu.
6. Kenya – GDP: Miliyari 106.04$
Ifatwa nka bumwe mu bukungu bwihuta cyane muri Afurika, Kenya yagumanye umwanya wayo kuri uru rutonde guhera mu mwaka wa 2020 nubwo kibasiwe n’icyorezo cya COVID-19, cyatwaye iki gihugu imirimo irenga 700.000 kandi kikaba cyarahatiye ubukungu gusubira inyuma bwa mbere kuva mu 1992.
Ishoramari rya vuba hamwe nibyibanzweho byafashije ubukungu bwa Kenya mu myaka yashize kandi biyishimangira nk’imwe mu bihugu bifite ahazaza muri Afurika, ariko iki gihugu kiracyashingira cyane ku buhinzi bwacyo kugirango gikomeze gutera imbere.
Urwego rw’ubuhinzi rwihariye (hafi 35% bya GDP) burimo ikawa, icyayi n’ibigori, mu gihe GDP isigayeituruka mu bikorwa by’inganda.
5. Maroc – GDP: Miliyari 124$
Maroc yakomeje kutanyeganyezwa ku rutonde rw’umwaka wa 2020, ikomeza umwanya wo hagati mu bihugu bikize muri Afurika.
Igice kinini cy’umusaruro rusange wa Maroc ukomoka mu nzego za serivisi zikomeye, zigakurikirwa n’inganda zayo hagaheruka ubuhinzi bwayo.
4. Algeria – GDP: Miliyari 151.46$
Igihugu cya Algeria nacyo cyagumanye umwanya cyariho mu 2020 ku rutonde rw’ibihugu 10 bikize muri Afurika. Igice kinini cy’umusaruro mbumbe w’igihugu cyo muri Afurika y’amajyaruguru, urenga 70%, ukomoka mu nganda za hydrocarbone.
Ukurikije inzego, serivisi zubucuruzi, inganda, ubwubatsi n’imirimo rusange, hamwe n’ubuhinzi bikomeje nabyo kuzamura ubukungu inyuma y’ingufu za hydrocarubone.
Icyakora amakimbirane ifitanye na Maroc n’u Bufaransa, harimo no gufunga umuyoboro wa gaze winjiza amafaranga, bishobora kugira ingaruka ku bukungu bwacyo mu mwaka utaha.
3. Afurika y’Epfo – GDP: Miliyari 329.53$
Afurika y’Epfo yatakaje umwanya w’igihugu cya kabiri cya Afurika gikize kurusha ibindi muri GDP, ubu kikaba kiza ku mwanya wa gatatu ku rutonde.
Muri 2020, Afurika y’Epfo yagiye mu bihe bibi nyuma y’igihembwe cya kabiri gikurikiranye cy’ubwiyongere bucye bwa GDP. Ubukungu bwacyo bwibasiwe n’icyorezo cya COVID-19 ndetse n’ifungwa ry’imirimo ryakurikiyeho, n’ibura ry’umuriro rihoraho bitewe n’ibikoresho biri gusaza by’uruganda rukomeye rw’amashanyarazi, Eskom, byagaragaye ko ari nyirabayazana yo gusubira inyuma mu bukungu bwacyo bwahoze ari ubwa mbere ku mugabane wa Afurika.
2. Misiri – GDP: Miliyari 394.28$
Igihugu cya Misiri kibaye igihugu cya kabiri muri Afurika gikize cyane ukurikije GDP muri 2021, gisimbuye Afurika y’Epfo ku mwanya wa kabiri.
Ukurikije inzego, ibikomoka kuri gaze, ubukerarugendo, ubucuruzi n’ibicuruzwa byinshi, imitungo itimukanwa n’ubwubatsi nibyo byabaye intandaro yo kuzamuka kw’umusaruro mbumbe w’igihugu cya Misiri, hamwe na gahunda yo kuvugurura ubukungu no kongera akazi, igihugu gikomeje kuba urugero rwiza rw’igihugu gikomeye cya Afurika.
1. Nigeria – GDP: Miliyari 514.05$
Nigeria ni cyo gihugu ubu gikize kurusha ibindi muri Afurika mu bijyanye na GDP ku rutonde kuva mu mwaka wa 2018. Igihugu cyashoboye kongera GDP iva kuri miliyari 446.543 igera kuri miliyari 514.04 kititaye ku bibazo by’icyorezo cya COVID-19.
Nigeria n’igihugu cya Afurika gitanga peteroli nyinshi, kandi ni kimwe mu bifite urwego rw’ubuhinzi ruteye imbere ku mugabane. Nicyo kiyoboye muri Afurika mu bijyanye n’umusaruro w’ubuhinzi, aho ibicuruzwa bikomoka ku buhinzi cyohereza mu mahanga cyane ari cacao, ubunyobwa, ibiti bikomokaho ibintu bikorwamo amapine n’ibindi bikoresho bikoze muri pulasitiki (rubber), n’amavuta.
Hafi 10% bya GDP ya Nigeria bitangwa n’inganda za peteroli .



14 Responses
Bwa mbere Cote d’Ivoire yaje ku rutonde rw’ibihugu 10 bya mbere bikize muri Afurika mu 2021
ABAMAMOTARI RETA MUDUFASHE KUDUKEMURIRAIBIBAZO KUKOBIRATURENZERWOSE
Bwa mbere Cote d’Ivoire yaje ku rutonde rw’ibihugu 10 bya mbere bikize muri Afurika mu 2021
ABAMAMOTARI RETA MUDUFASHE KUDUKEMURIRAIBIBAZO KUKOBIRATURENZERWOSE
Bwa mbere Cote d’Ivoire yaje ku rutonde rw’ibihugu 10 bya mbere bikize muri Afurika mu 2021
ABAMOTARI TURAREMEREWERWOSE MUDUKORERUBUVUGIZI NTIKIBAGUKEMURIBIBAZOBYACUMURUGO KUBERAMAFARANGAYUMURENGERA.
Bwa mbere Cote d’Ivoire yaje ku rutonde rw’ibihugu 10 bya mbere bikize muri Afurika mu 2021
ABAMOTARI TURAREMEREWERWOSE MUDUKORERUBUVUGIZI NTIKIBAGUKEMURIBIBAZOBYACUMURUGO KUBERAMAFARANGAYUMURENGERA.
Bwa mbere Cote d’Ivoire yaje ku rutonde rw’ibihugu 10 bya mbere bikize muri Afurika mu 2021
Nonese twe duhagaze he?
Bwa mbere Cote d’Ivoire yaje ku rutonde rw’ibihugu 10 bya mbere bikize muri Afurika mu 2021
Nonese twe duhagaze he?
Bwa mbere Cote d’Ivoire yaje ku rutonde rw’ibihugu 10 bya mbere bikize muri Afurika mu 2021
Ndabashuhuje cyane ariko ubutaha muzatubwire ibihugu bicyennye cyane kurusha ibindi kw,isi
Bwa mbere Cote d’Ivoire yaje ku rutonde rw’ibihugu 10 bya mbere bikize muri Afurika mu 2021
Ndabashuhuje cyane ariko ubutaha muzatubwire ibihugu bicyennye cyane kurusha ibindi kw,isi
Bwa mbere Cote d’Ivoire yaje ku rutonde rw’ibihugu 10 bya mbere bikize muri Afurika mu 2021
Ndabashuhuje cyane ariko ubutaha muzatubwire ibihugu bicyennye cyane kurusha ibindi kw,isi
Bwa mbere Cote d’Ivoire yaje ku rutonde rw’ibihugu 10 bya mbere bikize muri Afurika mu 2021
Ndabashuhuje cyane ariko ubutaha muzatubwire ibihugu bicyennye cyane kurusha ibindi kw,isi
Bwa mbere Cote d’Ivoire yaje ku rutonde rw’ibihugu 10 bya mbere bikize muri Afurika mu 2021
Ndabashuhuje cyane ariko ubutaha muzatubwire ibihugu bicyennye cyane kurusha ibindi kw,isi
Bwa mbere Cote d’Ivoire yaje ku rutonde rw’ibihugu 10 bya mbere bikize muri Afurika mu 2021
Ndabashuhuje cyane ariko ubutaha muzatubwire ibihugu bicyennye cyane kurusha ibindi kw,isi
Bwa mbere Cote d’Ivoire yaje ku rutonde rw’ibihugu 10 bya mbere bikize muri Afurika mu 2021
Ndabashuhuje cyane ariko ubutaha muzatubwire ibihugu bicyennye cyane kurusha ibindi kw,isi
Bwa mbere Cote d’Ivoire yaje ku rutonde rw’ibihugu 10 bya mbere bikize muri Afurika mu 2021
Ndabashuhuje cyane ariko ubutaha muzatubwire ibihugu bicyennye cyane kurusha ibindi kw,isi