Mi-24, kajugujugu ya mbere yatangiye gukoreshwa n’ingabo zirwanira mu kirere z’u Burusiya nk’indege y’ubwikorezi ndetse y’indwanyi, yakozwe hashingiwe kuri sisitemu yubatse ubwoko bwa Mi-8. Mu bushobozi bw’inyongera ifite harimo ubufasha bwo mu kirere butaziguye, kurasa za burende, guherekeza ingabo n’intambara yo mu kirere.
Ubu bwoko bwa kajugujugu bwakoreshejwe cyane mu ntambara yo muri Afghanistan, yandika izina nk’intwaro y’amakimbirane. Mi-24 ifitanye isano ya hafi na kajugujugu z’Abanyamerika zo mu bwoko bwa AH-64 Apache, ariko aho bitandukaniye kimwe n’izindi kajugujugu zo kugaba ibitero zo mu burengerazuba, Mi-24 yo ishobora no gutwara abasirikare bagera ku munani.

U Burusiya bwagurishije kajugujugu nyinshi z’ubu bwoko mu Burayi no mu bihugu byinshi biri mu nzira y’amajyambere birimo n’u Rwanda.
Mi-24 ifite Rotor y’imihoro itanu, amababa magufi ariho imbunda, moteri ebyiri za turboshaft zashyizwe hejuru, ikaba ikorwa n’uruganda, Mil Moscow Helicopter Plant.
Mi-24 yubatswe n’ibyuma by’imitamenwa bishobora kutagirwaho ingaruka n’amasasu y’imbunda yo mu bwoko bwa machine un ihanura indege yo mu bwoko bwa 12,7 mm, imihoro yayo nayo ntikangwa amasasu ya 12,7 mm aho warasira hose, aho abayitwara baba bicaye naho harinzwe n’ibirahure by’imitamenwa.

12,7 mm
Wikipedia ivuga ko hakoreshejwe ubwitonzi bwinshi mu gutuma Mi-24 yihuta. Ku muvuduko mwinshi, amababa asa nk’azamuka (kugeza kuri kimwe cya kane cyo kuzamura). Mi-24B yahinduwe, yitwa A-10, yakoreshejwe mu muvuduko mwinshi n’igihe mu kugerageza guca agahigo ko kuzamuka ku Isi yose. Kajugujugu yari yarahinduwe kugira ngo igabanye ibiro bishoboka nko gukuraho amababa y’ibyuma biremereye.
Umuvuduko wayo wagaragajwe bwa mbere ku ya 13 Kanama 1975 wari km 332.65 ku isaha (206.7 mph). Ku ya 21 Nzeri 1978, A-10 yakoze amateka ya kajugujugu yihuta n’umuvuduko wa kilometero 368.4 ku isaha (228.9 mph). Uyu muhigo wagumyeho kugeza mu 1986, ubwo weswaga na kajugujugu zikorerwa mu Bwongereza zikiwufite kugeza ubu zo mu bwoko bwa Westland Lynx wo gukora ibirometero 409 mu isaha (249 mph/h).

Westland Lynx
Ugereranyije na kajugujugu zo mu burengerazuba
Ku kijyanye n’intwaro y’umutamenwa no gutwara ingabo, Mi-24 nta yindi kajugujugu wayigereranya nayo mu bihugu bigenzi by’u Burusiya bihuriye muri NATO. Nubwo kajugujugu zo mu bwoko bwa UH-1 zakoreshejwe mu Ntambara ya Viet Nam mu gutwara ingabo no kurwana ntabwo zabashaga gukorera iyi mirimo yose icyarimwe. Kugirango uhindure UH-1 iyo kurasisha byasabaga gusenya agace k’abagenzi kose kugirango ibashe kugira amavuta y’inyongera n’amasasu no kuyambura ubushobozi bwo gutwara ingabo.

UH-1
Ariko, Mi-24 yakorewe gukorera ibi byose icyarimwe kandi byagiriye akamaro ingabo z’u Burusiya mu Ntambara yo muri Afghanistan hagati kuva mu 1980 kugeza mu 1989. Kajugujugu yapfaga kuyingayinga Mi-24 yo mu burengerazuba ni Sikorsky S-67 Blackhawk, ifite byinshi bisa nk’ibya mi-24 byagendeweho mu kuyubaka kandi yubatswe nka kajugujugu yihuta cyane, ifite ubushobozi buke bwo gutwara abantu hakoreshejwe ibice byinshi biva muri Sikorsky S-61 . S-67 ariko, ntabwo yigeze yemerwa ngo ikoreshwe.

Izindi kajugujugu zijya gukora kimwe na Mi-24 zo mu burengerazuba ni IAR 330 y’ingabo za Romania, ikaba ari verisiyo yubatswe yitwa Aérospatiale SA 330 Puma. Mi-24 Hind rero ikaba ifatwa nka kajugujugu rukumbi y’urugamba ku Isi kubera ubushobozi bwayo bwo kurasa no gutwara ingabo icya rimwe.

SA 330 Puma
Intambara zakoreshejwemo
Intambara ya Ogaden (1977–1978)
Kajugujugu zo mu bwoko bwa Mi-24 zakoreshejwe n’Igisirikare cya Ethiopia mu Ntambara ya Ogaden zihanganye n’iza Somalia. Izi ndege zakoreshejwe mu ntambara yo mu kirere no kugaba ibitero ku butaka zifasha Ethiopia kwigarurira Ogaden mu ntangiriro z’1978.
Amakimbirane hagati ya Tchad na Libya (1978–1987)
Igisirikare cyo mu kirere cya Libya cyakoresheje Mi-24A na Mi-25 kenshi mu Ntambara hagati y’Abaturage muri Tchad, aho ku nshuro ya mbere Mi-24 zakoreshejwe mu Ukwakira 1980 mu rugamba rwa N’Djamena, aho zafashije ingabo za People’s Armed Forces kwigarurira umurwa mukuru.
Izi ndege kandi zakoreshejwe mu ntambara n’amakimbirane atandukanye nko muri Afghanistan, mu ntambara hagati ya Iran na Irak kuva mu 1980 kugeza mu 1988, mu ntambara hagati y’abaturage muri Nicaragua mu 1980 kugeza mu 1988, mu ntambara hagati y’abaturage muri Sri Lanka kuva mu 1987 kugeza mu 2009, mu Kigobe cya Perse mu 1991, muri Sierra Leone mu 1991 kugeza mu 2002, mu ntambara ya mbere n’iya kabiri muri Chechnya muri za 90 na 2000, mu ntambara ya mbere n’iya kabiri muri Congo kuva mu 1996 kugeza mu 2003, n’ahandi henshi kugeza mu ntambara ya Nagorno-Karabakh muri uyu mwaka wa 2020 hagati ya Azerbaijan na Armenia.
Kajugujugu zo mu bwoko bwa Mi-24 HIND kuri ubu zikoreshwa n’ibihugu bisaga 30 birimo; u Rwanda, Armenia, Afghanistan, Algeria, Angola, Belarus, Bulgaria, Cambodia, CIS, Cuba, Czech Republic, Ethiopia, Georgia, Germany, Hungary, Iran, Iraq, Libya, Mongolia, Mozambique, Nicaragua, North Korea, Peru, Poland, Slovakia, South Yemen, Syria, Ukraine, Vietnam n’ibindi.


