Ikipe ya APR FC yasezerewe mu mikino ya CAF Champions league y’uyu mwaka, nyuma yo kunyagirwa na Pyramids FC yo mu Misiri ibitego 6-0.
Iyi kipe y’Ingabo z’Igihugu yari yasuye Pyramids mu mukino wo kwishyura w’ijonjora rya kabiri rya CAF Champions league wabereye i Cairo.
Ni nyuma y’ubanza wabereye i Kigali mu cyumweru gishize amakipe yombi yari yaguyemo miswi 0-0 mu cyumweru gishize.
Igice cya mbere cy’umukino cyarangiye Pyramids iri imbere n’ibitego 2-0.
Byasabye umunota wa 18 w’umukino ngo iyi kipe ifungure amazamu ibifashijwemo na Mustafa Fathi, mbere y’uko Walid-Al-Karti ayitsindira igitego cya kabiri nyuma y’iminota itatu.
Ni ibitego byombi byaturutse ku mashoti aremereye abakinnyi ba Pyramids batereraga inyuma y’urubuga rw’amahina; mbere y’uko umunyezamu Pavelh Ndzhila yisanga incundura z’izamu rye zinyeganyega.
Iminota 20 ya mbere y’umukino yaranzwe n’igitutu cyinshi ku ruhande rwa Pyramids yahushijemo ubundi buryo burenga butanu bwakabaye bwabyaye ibitego.
APR FC yatangiye umukino guhuza byananiranye hagati y’abakinnyi bayo yatangiye gusa n’ikanguka nyuma yo gutsindwa igitego cya kabiri.
Iyi kipe y’Ingabo z’Igihugu yabonye uburyo bubiri ku munota wa 38, ubwo Ombolenga Fitina yateraga Coup-Franc bikaba ngombwa ko Pyramids irokorwa n’umunyezamu Ahmed El Shenawy wahise wohereza umupira muri koruneri.
Ni koruneri yaje guterwa na Kwitonda Alain ‘Bacca’ biba ngombwa ko ba myugariro ba Pyramids bakuraho umupira, Ishimwe Christian yongeye kurekurira ishoti rikomeye inyuma y’urubuga rw’amahina nanone umunyezamu El Shenawy ashyira umupira muri koruneri.
Ibyari ugutsindwa byahindutse kunyagirwa ubwo Pyramids FC yatsindaga igitego cya gatatu ku munota wa 56 w’umukino biciye kuri Fathi, mbere y’uko uyu musore atsinda igitego cya kane cyari icya gatatu kuri we ku munota wa 61.
Iki gitego cyasize umutoza Thierry Froger akoze impinduka eshatu zasize abarimo Mugisha Gilbert, Niyigena Clément na Victor Mbaoma basimbuye Niyibizi Ramadhan, Nshimiyimana Yunussu na Nshuti Innocent.
Ni impinduka zitigeze zigabanya igitutu Pyramids yarimo ishyira kuri APR FC, kuko iyi kipe yaje gutsinda igitego cya gatanu cyinjiye ku munota wa 70 biciye kuri Mohamed Al-Shaibi.
Byari nyuma y’uko Fakhri Lakai yari amaze gutera Penaliti umupira ugarurwa n’igiti cy’izamu; mbere y’uko Al-Shaibi awusonga mu izamu.
Agashinguracumu ka Pyramids kabonetse ku munota wa 82 biciye kuri Fathi.
Impozamarira ya APR FC yatsinzwe kuri Penaliti na Victor Mbaoma ku munota wa 86, nyuma y’umupira Mugisha Gilbert yari ahinduye mu rubuga rw’amahina umwe muri ba myugariro ba Pyramids awugaruza akaboko.



5 Responses
CAF Champions league: APR FC yasezerewe yandagajwe na Pyramids FC
Itsinzwe nka ya yindi y’abagore.
Uwazazihuza zombi ubanza waba umukino uryoshye.
CAF Champions league: APR FC yasezerewe yandagajwe na Pyramids FC
APR niveho peee. Ikipe iduhondagura mu Rwanda, yagera hanze bakayimena umutwe kandi yatwaye ibifaranga byinshi; njye numva twayiha coach ikamahabwa angana nayandi makipe.
Ndababaye.
Indaje nabi
Iraduaebeje
CAF Champions league: APR FC yasezerewe yandagajwe na Pyramids FC
Niba ari uko bimeze bikojeje isoni pe ,ubuse n’ubundi abo baanyamahanga bataraza ko itatsindwaga bene ako kayabo.
Nyamara abatoza ,abakinnyi ndetse n’ubuyobozi bari bemejeko ikipe itagiye gutembera, nyuma y’igihe gito baboneka bitemberera mu murwa mukuru wa Cairo bameze nkaho aribwo bwambere bakandagiye mu mugi
CAF Champions league: APR FC yasezerewe yandagajwe na Pyramids FC
Niba ari uko bimeze bikojeje isoni pe ,ubuse n’ubundi abo baanyamahanga bataraza ko itatsindwaga bene ako kayabo.
Nyamara abatoza ,abakinnyi ndetse n’ubuyobozi bari bemejeko ikipe itagiye gutembera, nyuma y’igihe gito baboneka bitemberera mu murwa mukuru wa Cairo bameze nkaho aribwo bwambere bakandagiye mu mugi
CAF Champions league: APR FC yasezerewe yandagajwe na Pyramids FC
Birababaje pe, Kandi ubwo bageze muri hotel bararya , naranywa!!!!
Nonese ku mukino wa gadidika no numvise basana prime none ko batsinzwe twe baraduha iki ( prime ihabwa abakinyi ndumva yakagombye kuvaho bakajya bahembwa gusa birahagije naho ubundi baturira mu mibare nibajya batsindwa Nabo bajye bishyura ekipe