Ikipe ya Simba Sports Club yo mu gihugu cya Tanzania, yatsinze Al Ahly yo mu Misiri igitego 1-0, biyifasha gukomeza kuyobora itsinda zirimo.
Iyi kipe y’Umunyarwanda Meddie Kagere yari yakiriye Al Ahly, mu mukino wa Kabiri wo mu tsinda A wabereye kuri Stade yitiriwe Nyakwigendera Benjamin Mkapa i Dar es Salaam.
Ni ikibuga iyi kipe yo mu Misiri ifite ibikombe cya CAF Champions league yo mu mwaka ushize, yaherukagaho muri 2019 ikagitsindirwaho na Simba igitego 1-0.
Ni igitego cyari cyatsinzwe na rutahizamu Meddie Kagere, kuri uyu munsi winjiye mu kibuga ku munota wa 87 w’umukino asimbura.
Igitego rukumbi cyatsinzwe n’umunya-Mozambique, Luis Jose Miquisone, cyari gihagije kugira ngo Simba y’umutoza Didier Gomes da Rosa ikure amanota atatu kuri Al Ahly.
Byari ku munota wa 31 w’umukino, ubwo uyu musore mugufi yarekururaga ishoti rikomeye inyuma gato y’urubuga rw’amahina, umupira ukaruhukira mu izamu rya Mohammed El Shenawy.
Ni Al Ahly yari imaze imikino ikabakaba 25 idatsindwa n’ikipe iyo ari yo yose ya hano ku mugabane wa Afurika.
Muri rusange ikipe ya Simba yitwaye neza mu mpande zose z’ikibuga, cyane ubwugarizi bwa Joash Onyango na Sergio Wawa Pascal bwashoboye gucunga ba rutahizamu ba Al Ahly mu minota 90 yose y’umukino.
Umunya-Mozambique Luis Miquisone, umunya-Zambia Clatous Chama cyo kimwe n’abanya-Tanzania, Shomar Kapombe na Tadeo Lwanga, na bo bari mu bahaye akazi gakomeye Al Ahly.
Ishoti rimwe rukumbi ryaganaga mu izamu rya Simba Al Ahly yateye, ryabonetse ku munota wa 90 ubwo Ayman Ashraf yatereraga umupira mu rubuga rw’amahina umupira ugashyirwa muri koruneri n’umuzamu Aishi Manula.
Simba Sports Club yo yagerageje amashoti 9 arimo 4 yaganaga mu izamu, iniharira umupira ku kigero cya 51%.
Gutsinda uyu mukino byatumye iyi kipe iyobora itsinda A n’amanota 6, igakurikirwa na AS Vita Club ifite amanota atatu nyuma yo kunyagira Al Merrikh yo muri Sudani ibitego 4-1.
Al Ahly ni iya gatatu n’amanota atatu, mu gihe Al Merrikh ari iya nyuma n’ubusa bw’amanota, mbere yo guhura na Simba.
Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


