military-change-of-command-20190822-20210222jpg.jpg

Canada: Umugaba Mukuru wungirije w’ingabo yeguye kubera umukino wa Golf

Sangiza iyi nkuru

Umugaba mukuru w’ingabo wungirije wa Canada yeguye ku mirimo ye nyuma yo gukina umukino wa golf n’uwahoze ari umuyobozi mukuru w’ingabo w’iki gihugu, ukomeje gukorwaho iperereza ku byaha by’ubusambanyi.

Lt. Gen. Mike Rouleau yavuze ko yatumiye Gen. Jonathan Vance ngo bakine golf “kugira ngo amenye niba ameze neza”.

Mu nshingano yahozeho, Lt Gen Rouleau yari afite ububasha ku bashinzwe iperereza mu gisirikare bareba urubanza ruregwamo Gen Vance.

Lt Gen Rouleau yavuze ko ariko aba bombi bataganiriye ku iperereza mugenzi we arimo gukorwaho.

Ariko yemeye ko icyemezo cye “cyakajije umurego mu minsi ishize kandi kikaba cyaragize ingaruka mu kugirirwa icyizere” mu gisirikare.

Gen Vance, uri mu kiruhuko cy’izabukuru muri Mutarama, yahakanye ibirego by’imyitwarire idakwiye iganisha ku busambanyi.

Amakuru ajyanye n’uyu mukino wa golf yamenyekanye mu mpera z’icyumweru gishize ashyizwe hanze n’ibinyamakuru byo muri Canada, The Globe and Mail na Global News.

military-change-of-command-20190822-20210222jpg.jpg
Gen. Jonathan Vance

Mu ibaruwa ye, Lt Gen Rouleau yemeye ko, ku ya 2 Kamena, yakinnye umukino wa golf muri Ottawa na Gen Vance hamwe n’umuyobozi w’ingabo zirwanira mu mazi za Canada, Vice Admiral Craig Baines.

Ariko Gen. Rouleau yavuze ko ari we wenyine ugomba kubiryozwa, kubera ko kuba Visi Adm Baines yaritabiriye ari we wari wabiteguye.

Vice Adm. Baines, ku Cyumweru mu itangazo yasohoye nawe akaba yarasabye imbabazi ku kuba yaritabiriye uyu mukino.

Kwegura kwa Lt. Gen. Rouleau kwaje nyuma y’uko Minisitiri w’Intebe Justin Trudeau asuzumye iki kibazo ku cyumweru, avuga ko we na Visi Adm Baines bagomba “gutanga ibisobanuro”.

Gen Vance akurikiranweho kwitwara nabi ku musirikare w’umugore, Major Kellie Brennan n’undi mugore utaramenyekana. Igipolisi cya gisirikare (MP) kirimo kureba niba umubano we na Maj Brennan, umwe mu bo yahoze ayoboye, utararenze ku mategeko ya gisirikare.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *