Mu gihe ubuhake n’ubukoroni byacitse muri Afurika, ibihugu byinshi bikabona ubwigenge, muri Côte d’Ivoire ho hibutswe uko bimwe mu bihugu byakubititse muri icyo gihe binyuze mu iserukiramuco.

Nk’uko amafoto abigaragaza iryo serukiramuco ryaranzwe n’amarushanwa yiganjemo imbyino gakondo, ikinamico ndetse n’umudiho, byose biganisha mu gihe cya gikoroni.
Muri ibi birori, bamwe mu bangavu baranzwe no gutambuka imbere y’imbaga bambaye ubusa ku gice cyo hejuru, herekanwa uko abakoroni batotezaga abanyafurika.

Ibyo biri mu byahuruje imbaga nyamwinshi, aho bazengurutse umujyi bagaragaza uko byari bimeze.

Abagore n’abakobwa bari biganje muri iyo myiyereko by’umwihariko, bashimishije abari bitabiriye ibyo birori bamwe bashishikajwe no gufotora bakoresheje telefone zabo zigendanwa.
ANDI MAFOTO:

Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Ndacyayisenga Fred@Bwiza.com


