Centrafrica: Abahunze ibitero by’inyeshyamba bari gusubira mu gihugu

Sangiza iyi nkuru

Ingabo z’umuryango w’Abibumbye ziri mu butumwa bw’amahoro muri Repubulika ya Centrafrica (MINUSCA) zivuga ko hari abaturage bari barahunze ibitero by’inyeshyamba batangiye gusubira muri iki gihugu.

Ni nyuma y’impuruza z’ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku mpunzi (UNHCR) ryavugaga ko hakomeje kugaragara ubwiyongere bw’abaturage b’iki gihugu bakomeje guhungira mu bihugu by’abaturanyi birimo: Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), Chad na Repubulika ya Congo.

Nk’uko MINUSCA yabitangaje kuri uyu wa 27 Mutarama 2021, abaturage bari gusubira muri Centrafrica barimo abo mu duce dutandukanye tw’akarere ka Bangassou yari yarashegeshwe n’ibi bitero turimo: Tokoyo, Zimango, Walimingui, Mamadou-Bah na Yangouva; bose bakaba bari kuva muri RDC, gusa ntabwo umubare wabo watangajwe.

Nyuma y’aho ingabo za MINUSCA na Polisi y’Umuryango w’Abibumbye (UN Pol) bari bamaze gusura abaturage ba Bangassou, bemeza ko: “umutekano wagarutse, ubuzima busanzwe bwasubukuwe.”

Mu mpera z’icyumweru gishize, UNHCR yatangaje ko yari imaze kubarura abaturage ba Centrafrica 90,000 bashaka ubuhungiro muri izi ntara eshatu za RDC, bikaba byaragaragazaga ko harimo ubwiyongere bw’abagera ku 40,000 mu minsi irindwi gusa.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *