Igisirikare cya Centrafrica (FACA) nk’uko bisanzwe gifashijwe n’ingabo z’u Rwanda n’Abarusiya bari muri iki gihugu, kuri uyu wa Kane zisubije umujyi w’ingenzi uherereye ku mupaka w’uburengerazuba bw’igihugu witwa Beloko, nyuma y’iminsi mike zigaruriye Umujyi wa Bouar.
Kongera kwigarurira Umujyi wa Beloko, uherereye ku mupaka na Cameroun birafungura umuhanda wari warafunzwe n’inyeshyamba kuva mu Ukuboza wagaburiraga Umurwa Mukuru,Bangui nk’uko bitangazwa na AFP.

Guverinoma ya Centrafrica ibinyujije kuri facebook yagize iti “ Nyuma y’imijyi ya Boali, Bossembele, Bossemptele, Yaloke na Bouar, Igisirikare cya Centrafrica n’inshuti zacyo z’Abarusiya n’Abanyarwanda cyabohoje umujyi wa Beloko, bifungura umuhanda w’igihugu ujya muri Cameroun,”

Minisitiri w’Intebe, Firmin Ngrabada abinyujije kuri facebook akaba nawe yagize ati “Tuzizeza rero urujya n’uruza rw’abantu n’ibicuruzwa mu byerekezo byombi ku muhanda wa Bangui-Beloko mu mutekano usesuye ”

Ku itariki 9 Gashyantare nibwo Igisirikare cya Centrafrica gifashijwe n’Abanyarwanda n’Abarusiya binjiye mu Mujyi wa Bouar nyuma y’aho inyeshyamba zari ziwurimo ziwutaye zitiriwe zihangana.



2 Responses
Centrafrica: Igisirikare gifashijwe n’Abanyarwanda n’Abarusiya kigaruriye undi mujyi w’ingenzi
Umusaza PAUL umusanzu wawe ku rwanda nitwe benerwo dusobanukiwe nawo! komerezaho MUSAZA ufashe nabo bavandimwe kubaho ni ukubana.nibagira umutekano twese abanyarwanda tuzaba dufite inshuti nziza
Centrafrica: Igisirikare gifashijwe n’Abanyarwanda n’Abarusiya kigaruriye undi mujyi w’ingenzi
Umusaza PAUL umusanzu wawe ku rwanda nitwe benerwo dusobanukiwe nawo! komerezaho MUSAZA ufashe nabo bavandimwe kubaho ni ukubana.nibagira umutekano twese abanyarwanda tuzaba dufite inshuti nziza