Mu rwego rwo gukangurira urubyiruko kwirinda imico mibi no kurwanya ibiyobyabwenge Itsinda ry’abanyeshuri b’abapentecoke (CEP/ TCT) ryateguye igiterane cy’ivugabutumwa hagamijwe kugira ubuhamya bushya bwo muri Kirisito Yesu.

Mu kiganiro yagiranye na Bwiza.com, Nsengimana Deo, Perezida wa CEP /TCT yavuze ko Iki giterane kigamije kurandura imico mibi itandukanye mu rubyiruko hirya no hino no kugira ubuhamya bwiza.

Ibi ngo nibyo byatumye CEP /TCT itegura iki giterane kizaba ku cyumweru tariki ya 14 Gashyantare 2016 kikazabera muri iki kigo.

Nsengimana Deo Perezida wa CEP/ TCT ati “ Iki giterane kigamije kurandura imico mibi itandukanye mu rubyiruko ndetse no kugira ubuhamya bushya muri Kristo Yesu”
Iki giterane gifite insanganyamatsiko igira iti “ Ubuhamya bushya muri Kristo Yesu ” Iboneka mu 2 Abakorinto 5:17.

Iki giterane cyatumiwemo umuhanzi Simon Kabera, Chorale Nayoti ADEPR SGEEM, Chorale Narada CEP / TCT. Umuvugabutumwa muri iki giterane ni Pasteur Zigirinshuti Michel.
Biteganyijwe ko iki giterane kizatangira saa tatu za mu gitondo gisozwe I Saa kumi n’imwe z’umugoroba.
Iki giterane kikaba ari ku nshuro ya mbere CEP / TCT igiteguye kuva yashingwa mu 2007. Kuri ubu ifite abaririmbyi 42.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Alphonse Munyankindi / Bwiza.com


