Chéburin Okende wahoze ari Minisitiri w’Ubwikorezi n’Itumanaho muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yabonetse yapfuye nyuma y’amasaha make ashimuswe.
Chéburin yari asanzwe ari umuvugizi wungirije w’ishyaka Ensemble Pour la République rya Moà¯se Katumbi utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa RDC.
Inkuru y’urupfu rwe yemejwe n’Umuvugizi wa ririya shyaka, Dieudonné Bolengetenge wavuze ko “bamwishe.”
Umwe mu bantu ba hafi b’uyu mugabo wabaye Minisitiri hagati ya 2021 na 2022, yatangaje ko umurambo we wasanzwe mu modoka ye.
Ku gicamunsi cy’ejo ku wa Gatatu ni bwo Okende yari yaburiwe irengero nyuma yo gushimutwa n’abantu batazwi.
Uyu mugabo bivugwa ko yashimutiwe i muri Parking y’Urukiko Rushinzwe kurinda itegekonshinga yari yitabye mu rwego rwo kurugaragariza imitungo ye.
Chéburin Okende yishwe mu gihe abenshi mu bantu ba hafi ya Moà¯se Katumbi bakomeje guhigwa bukware, nyuma yo gutangaza ko aziyamamaza mu matora y’Umukuru w’Igihugu ateganyijwe mu Ukuboza uyu mwaka.
Urugero ni Salomon Kalonda usanzwe ari umujyanama wihariye wa Katumbi umaze igihe afunzwe nyuma yo gutabwa muri yombi n’ubutasi bwa RDC.


