Chelsea yasubiriye Atletico Madrid, yo na Bayern Munich zuzuza amakipe 8 azakina 1/4 cya Champions league

Sangiza iyi nkuru

Ikipe ya Chelsea na Bayern Munich zujuje umubare w’amakipe 8 azakina 1/4 cy’irangiza cya UEFA Champions league, nyuma yo kwitwara neza imbere ya Atletico Madrid na Lazio Roma.

Chelsea y’umutoza Thomas TĂĽchel yari yakiriye Atletico Madrid ya Diego Simeone i Stamford Bridge, iyihatsindira ibitego 2-0 byatumye iyisezerera ku giteranyo cy’ibitego 3-0.

Ni nyuma y’uko mu mukino ubanza wari wabereye muri Espagne Chelsea yari yagiye kuhatsindira Atletico Madrid igitego 1-0 cya Diego Costa.

Ibitego by’umunya-Maroc Hakim Ziyech [ku munota wa 34] cyo kimwe na Emmerson [ku wa 90+4], byari bihagije kugira ngo Chelsea itere intambwe ya 1/4 cy’irangiza cya UEFA Champions league yaherukagamo muri 2014.

Atletico Madrid yarangije uyu mukino ifite abakinnyi 10 mu kibuga nyuma y’ikarita itukura yo ku munota wa 81 yeretswe Stefan Savic wari ukubise inkokora Antonio RĂĽdiger, gusa nta kinini nanone iyi karita yahungabanyijeho iriya kipe dore ko yanarushwaga cyane.

Umukinnyi wo gushimira cyane ku ruhande rwa Chelsea ni N’golo KantĂ© wateye umupira wo ku rwego rwo hejuru, hatitawe ku kuba atatsinze igitego.

Nyuma y’umukino Diego Simeone utoza Atletico Madrid yemeje ko ikipe ya Chelsea yamurushaga, atangaza ko we n’abasore be ubu icyo bahanze amaso ari igikombe cya Shampiyona ya Espagne bakomeje kurwanira n’amakipe ya FC Barcelona na Real Madrid.

Mugenzi we Thomas TĂĽchel utaratsindwa umukino n’umwe kuva yagera muri Chelsea asimbuye Frank Lampard, we yemeje ko bageze muri 1/4 cy’irangiza babikoreye, ashimangira ko nta kipe n’imwe ubu yifuza guhura na bo.

TĂĽchel yunzemo ko ubu icy’ingenzi kuri Chelsea ari ugukomeza kwitegura neza uko bishoboka mu rwego rwo gukomeza kwitwara neza mu mikino iyi kipe isigaje.

Chelsea yiyongereye ku yandi makipe yamaze kugera muri 1/4 cy’irangiza arimo PSG, Borussia Dortmund, FC Porto, Real Madrid, Liverpool, Manchester City na Bayern Munich.

Iyi Bayern na yo yabigezeho mu ijoro ryakeye nyuma yo gutsinda Lazio ibitego 2-1 (Lewandowski na Maxime-Choupo-Motting), iyisezerera ku giteranyo cy’ibitego 6-2.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

2 Responses

  1. Chelsea yasubiriye Atletico Madrid, yo na Bayern Munich zuzuza amakipe 8 azakina 1/4 cya Champions league
    Iriya kipe yubururu numweru izabikora ahafi nikuri final kbs

  2. Chelsea yasubiriye Atletico Madrid, yo na Bayern Munich zuzuza amakipe 8 azakina 1/4 cya Champions league
    Iriya kipe yubururu numweru izabikora ahafi nikuri final kbs

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *