Col. Doumbouya yasheshe umutwe w’abasirikare bari bashinzwe kumurinda

Sangiza iyi nkuru

Perezida w’inzibacyuho wa Guinée-Conakry, Colonel Mamadi Doumbouya, yaraye asheshe batayo yabarizwagamo umutwe w’abasirikare bari bashinzwe kumurinda.

Icyemezo cyo gusesa uyu mutwe cyemerejwe mu iteka ry’Umukuru w’Igihugu ryasomewe kuri Televiziyo y’Igihugu ku wa Kane tariki ya 27 Mata 2023.

Ni Colonel Doumbouya wasabye Minisitiri w’Ingabo za Guinée ndetse n’Umugaba Mukuru wazo gushyira mu bikorwa ririya teka rye.

Kugeza ubu ntiharatangazwa icyatumye uriya musirikare umaze imyaka igera kuri ibiri ahiritse ku butegetsi Alpha Condé afata kiriya cyemezo.

Ni icyemezo cyakora yafashe nyuma y’iminsi itatu yirukanye ku mirimo Lt Col Ismael Keita wahoze akuriye ubutasi bwa gisirikare muri Guinée.

Col Mamadi Doumbouya yafashe ibi byemezo byombi nyuma yo kunuganuga amakuru y’uko haba hari bamwe mu basirikare baba bafite umugambi wo kumuhirika ku butegetsi.

Ni nyuma y’uko hari umupfumu witwa Môfa Sory Dounoh uheruka kumuhanurira ko ashobora gukorerwa Coup d’à‰tat mu minsi iri hagati ya 18 na 28 iri imbere.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *