Congo: Dénis Sassou Nguesso yatsinze mu matora Nyakwigendera Parfait Kolélas

Sangiza iyi nkuru

Amajwi y’agateganyo y’ibyavuye mu matora y’Umukuru w’Igihugu cya Congo-Brazzaville, yerekana ko Perezida Denis Sassou Nguesso ari we watorewe kukiyobora; atsinze abarimo Nyakwigendera Guy-Brice Parfait Kolélas bari bahanganye.

Uyu Guy-Brice Parfait Kolélas yitabye Imana ejo ku wa Mbere azize COVID-19, nyuma y’umunsi umwe amatora abaye.

Ibyavuye mu matora by’agateganyo byatangajwe na Minisitiri w’Umutekano w’Imbere mu gihugu, Raymond Zéphirin Mboulou, byerekana ko Perezida Denis Sassou Nguesso yatowe muri manda ya kane yikurikiranya ku majwi 88.57%.

Ni mu matora yitabiriwe n’abakongomani bangana na 67.55 by’abagombaga gutora.

Nyakwigendera Guy-Brice Parfait Kolélas wari uhanganye na Perezida Sassou Nguesso yabaye uwa kabiri n’amajwi 7.84%, mu gihe Mathias Dzon wahoze ari Minisitiri w’Imari yabaye uwa gatatu n’amajwi 1.90%.

Uyu Dzon yaherukaga gutangaza ko atazemera ibizava mu matora, bijyanye n’uko Komisiyo y’Amatora ya Congo ari “Komisiyo ikoreshwa, igateganya gusa intsinzi y’umukandida uri ku butegetsi.”

Ku wa Mbere ubwo amajwi ya mbere yatangiraga kujya ahagaragara, byagaragaraga ko Perezida Denis Sassou Nguesso ari bwegukane intsinzi, bijyanye n’uko yari imbere kuri site z’itora zirenga 30 ku majwi ari hejuru ya 85%.

Imibare y’amajwi yatangaje na Minisitiri w’Umutekano w’Imbere mu gihugu yerekana ko Denis Sassou Nguesso yatsinze amatora muri superefegitura 108 zigize Congo, gusa zitarimo iya Kinkala na Louingui, iya Pool ndetse no mu karere ka Makélékélé kari i Brazzaville mu murwa mukuru.

Utu duce twose twihariwe na Nyakwigendera Guy-Brice Parfait Kolélas, mu gihe agace Mathias Dzon yatsinzemo ku kigero cyo hejuru ari mu mujyi avukamo wa Gamboma yatsinzemo amatora ku kigero cya 45%.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *