Icyorezo cya Coronavirus (COVID_19) kimaze kugera muri leta 50 zose zigize Leta Zunze Ubumwe zâAmerika (USA) cyatumye abayobozi bakuru barimo Donald Trump na Guverineri Andrew Cuomo basubiranamo bitewe nâishyirwa mu bikorwa ryâingamba zo kugikumira.
Igisa nâimpaka cyatangiye tariki ya 16 Werurwe 2020 ubwo Donald Trump yagiraga ati: âNagiranye inama nziza na ba Guverineri. Cuomo wa New York afite byinshi byo gukora.â Ubu butumwa yabushyize kuri Twitter, ahita abusiba ariko Guverineri Cuomo yari yamaze kubona ifoto yabwo.
Cuomo yahise amusubiza amubaza ati: âMfite byinshi byo gukora? Oya. Wowe hari icyo ugomba gukora! Uri Perezida.â
Guterana amagambo kwa Perezida Trump kwarakomeje, ubwo Guverineri Cuomo yashinjaga uyu Mukuru wâIgihugu ko adafata leta zose kimwe mu gutanga ubwirinzi bwa Coronavirus.
Mu kumusubiza, Donald Trump yagize ati: âCuomo ashaka ko leta zose zifatwa kimwe ariko leta zose si zimwe. Zimwe ziri kugirwaho ingaruka cyane na Virusi yâUbushinwa, izindi ntacyo zibaye. Vanamo politiki, Andrew.â
Perezida Trump ashinjwa ivangura mu gufasha abaturage gukumira Coronavirus
Usibye nâijambo âVirusi yâUbushinwaâ amaze igihe atangaza rikaba ryarakuruye impaka nâumwuka mubi hagati yâigihugu ayoboye nâUbushinwa, bamushinja âivanguraâ, Donald Trump ashinjwa gutonesha zimwe muri leta zigize iki gihugu, ku buryo ngo zimwe zakira ubwirinzi bwa Coronavirus buruta ubwâizindi.
Iki Guverineri Cuomo yagikomojeho ubwo Trump yamubuzaga kuzana politiki muri iki gikorwa ndetse na Hillary Clinton, umufasha wa Bill Clinton wabaye Perezida wâiki gihugu, akanahatana na Trump mu matora ya 2016, yagaragaje ko hashobora kuba hari ivangura muri iki gikorwa.
Hillary Clinton yagize ati: âPerezida ari kuzana imvugo yâivanguramoko kugira ngo arangaze abantu, ntibabone uburyo yananiwe gufata Coronavirus nkâikintu gikomeye hakiri kare, ntiyashyira uburyo bwo gupima hose.â

USA iri muri uyu mwuka mu gihe abarwayi ba Coronavirus biyongera
Urubuga rwa World Ometers rutanga imibare mishya kuri iki cyorezo, mu makuru ruheruka gutangaza saa kumi nâiminota icumi (4:10 PM) rwagaragaje ko muri iki gihugu hamaze gupfa abantu 117. Abantu bashya bagaragayeho iki cyorezo barenga 1,127 mu gihe muri rusange abamaze kwandura ari 7,538.
USA iza ku mwanya wa munani mu bihugu bifite abarwayi benshi ba Coronavirus, urutonde rwose ruyobowe nâUbushinwa bufite abarwayi barenga 8,894.



2 Responses
Coronavirus yatumye abayobozi bakuru muri Amerika basubiranamo
Yup ndumva ubwobufasha America yatanze yahita ibwohereza muri Africa vuba nabwangu
Coronavirus yatumye abayobozi bakuru muri Amerika basubiranamo
Yup ndumva ubwobufasha America yatanze yahita ibwohereza muri Africa vuba nabwangu