Covid-19 : U Butaliyani, u Bufaransa na Esipanye bigiye gufungura bimwe mu bikorwa

Sangiza iyi nkuru

Abayobozi mu bihugu by’u Butaliyani, u Bufaransa na Esipanye biri mu myanya y’imbere mu byugarijwe cyane n’icyorezo cya Covid-19 bari gutegura uburyo ibikorwa bimwe na bimwe byakongera gusubukurwa bidatinze, mu rwego rwo kugabanya izahara ry’ubukungu bwabyo.

U Butaliyani nk’igihugu cya kabiri cyazahajwe cyane na Covid-19 inyuma ya Leta Zunze Ubumwe z’Amerika bitarenze tariki ya 4 Gicurasi 2020 birimo iby’ubucuruzi birongera gukora nk’uko byemejwe na Minisitiri w’Intebe, Giuseppe Conte, gusa yatangaje ko ingamba nshya zizafatwa zizajya ahagaragara muri iki cyumweru nk’uko yabitangarije ikinyamakuru La Republica.

Mu Bufaransa naho, Minisitiri w’Intebe, Edouard Philippe na we yatangaje ko ingamba nshya zizafatwa n’Inteko ishinga amategeko ku wa kabiri tariki ya 28 Mata 2020, gusa ngo hazabaho ibiganiro mpaka n’amatora, ibizavamo bihabwe umugisha.

Minisitiri w’Intebe wa Esipanye, Pedro Sanchez na we mu nkuru ya The Guardian yatangaje intambwe nziza iki gihugu kimaze gutera mu kurwanya Covid-19, yatumye abantu bemererwa kujya hanze nyuma y’igihe kirekire, abakuru nabo guhera mu ntangiriro za Gicurasi bazaba bemerewe gusohoka hanze gufata akayaga. Ingamba nshya zorohereza abaturage nazo zizakomeza zishyirweho.

Icyizere cy’ubuzima kiragaruka gake gake muri ibi bihugu

Ibi bihugu birakurikiranye mu kugira umubare munini w’abantu banduye Covid-19 n’abishwe nayo, kuva ku mwanya wa kabiri kugeza ku wa kane. Iyi mibare n’ubwo iri hejuru ariko bigaragara ko habayemo kumanuka kw’abanduraga ndetse n’abapfaga ku munsi kuko nko mu Bufaransa na Esipanye, bigeze kugera hafi ku 2000, u Butaliyani bagera mu 1500, gusa iyi mibare iheruka hagati y’impera za Werurwe n’intangiriro za Mata 2020, ubu ho abapfa basigaye babarirwa muri 400 na 300.

Ibi bihugu byose byashyizeho ingamba zo guhagarika ibikorwa byose bihuriza abantu hamwe no gutegeka abaturage kuguma mu ngo muri Werurwe 2020, ubwo byagaragaraga ko hari ubwiyongere bukabije bw’abandura n’abicwa n’icyorezo.

Imibare igezweho muri ibi bihugu kuri Covid-19

Muri rusange, Isi imaze kugaragaramo abanduye bari hafi ya 3,000,00 barimo abarenga : 226,600 bo muri Esipanye, 197,600 bo mu Butaliyani n’162,100 bo mu Bufaransa.

Abamaze gupfa barenga 206,700 barimo abarenga: 23,100 bo muri Esipanye, 26,600 bo mu Butaliyani na 22,800 bo mu Bufaransa.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *