Perezida Kagame yabwiye umunyamakuru ko ibisobanuro yamuha ku rupfu rwa Kizito bitamunyura

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, ubwo yari mu kiganiro n’abanyamakuru kuri uyu wa mbere, yabajijwe ku rupfu rw’umuhanzi Kizito Mihigo yirinda kugira icyo aruvugaho. Muri iki kiganiro Perezida Kagame yagiranye n’itangazamakuru kuri uyu wa mbere, ubwo umunyamakuru Laure Broulard ukorera RFI na Le Monde yamusabaga kugira icyo aruvugaho. Perezida Kagame yamubwiye ko ibisobanuro […]

General Patrick Nyamvumba yakuwe ku mwanya wa Minisitiri w’umutekano

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame , kuri uyu wa Mbere yakuye Gen. Patrick Nyamvumba , ku mwanya Minisitiri w’Umutekano yari yaragiyeho mu Gushyingo 2019. Mu itangazo ryashyizweho umukono na Minisitiri w’Intebe, Dr. Edouard Ngirente, rivuga ko Perezida Kagame, yakuye Gen. Nyamvumba kuri uyu mwanya kubera iperereza riri kumukorwaho. Iri tangazo rikomeza rivuga ko agomba gusubira […]

Ubuharike n’ubutinganyi: Uburenganzira butavugwaho rumwe mu bantu

Niba hari ibibazo bihangayikishije abaturiye Isi ni ubuharike n’ishyingirwa ry’abahuje ibitsina. Ibi bintu byombi ntibisiba kuvugwaho haba mu butegetsi, haba mu bahanga, haba mu bamenyi, haba mu banyamategeko, haba mu banyamadini n’abandi bose ariko ntibahuze kuri iki kibazo kireba umuryango w’abantu. Ibyo bibazo biteye impaka no kutavugwaho rumwe wabirebera mu bitekerezo bibiri by’ingenzi. Ibyo bitekerezo […]

Rwanda: Habonetse abandi barwayi ba Coronavirus 16

ewou8xex0aaleyw.jpg

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 27 Mata 2020 yatangaje ko habonetse abandi barwayi ba Coronavirus 16 mu bipimo 1214 byafashwe. Umuntu umwe ni we wakize iki cyorezo, muri rusange abamaze gukira baba 93. Umubare w’abamaze kugaragaraho iki cyorezo wageze kuri 207, abasigaye bakirwaye ni 114.

Burundi: Kwigaragaza gukomeye kwa CNDD-FDD na CNL mu itangira ryo kwiyamamaza-Amafoto

General Neva (ibumoso) na Perezida Nkurunziza (iburyo)

Kuri uyu wa 27 Mata mu Burundi batangiye ibikorwa byo kwiyamamariza umwanya w’Umukuru w’Igihugu, higaragaza cyane amashyaka ya CNDD-FDD rihagarariwe na Gen. Maj. Evariste Ndayishimiye (General Neva) na CNL rihagarariwe na Agathon Rwasa. Ni igikorwa kizarangira tariki ya 17 Gicurasi 2020, cyiyamamazamo abakandida 7. Nyuma yacyo, tariki ya 20 Gicurasi 2020, hazaba amatora y’uruhurirane: ay’Umukuru […]

Umutwe w’abarinzi ba Mobutu waba wari ugizwe n’abasirikari b’inkone

Ababaye muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo mu gihe igihugu cyitwaga ZaĂŻre, hari amakuru yavugwaga hose ko abarinzi b’uwahoze ayiyobora, Mobutu Sese Seko bari inkone, ibintu byahwihwiswaga ariko bidashyizwe ahagaragara kubera uburyo abo basirikari bari bakaze, bakarishye mbese batinyitse. Abo basirikari bari mu mutwe w’ingabo kabuhariwe zari zishinzwe kurindira umutekano umukuru w’igihugu “Division SpĂ©ciale PrĂ©sidentielle” […]

Iki cyorezo kizahindura byinshi – Perezida Kagame

Mu kiganiro n’abanyamakuru cyabaye tariki ya 27 Mata , hakoreshejwe iyakure, Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, yatangaje ko icyorezo cya COVID-19 kizahindura byinshi byari biteganyijwe gukorwa muri gahunda ya guverinoma y’imyaka irindwi. Perezida Kagame yatangaje ibi ubwo yasubizaga ikibazo yabajijwe ku bijyanye n’ingaruka za COVID-19 kuri gahunda ya guverinoma y’imyaka irindwi isigaje imyaka ine, Perezida […]

RDF itandukanye na FDLR: Perezida Kagame

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Kagame Paul mu kiganiro amaze kugirana n’itangazamakuru kuri uyu wa 27 Mata 2020, avuze ko ingabo z’u Rwanda zitandukanye n’umutwe urwanya ubutegetsi bw’u Rwanda wa FDLR mu gusubiza amakuru amaze iminsi avugwa ko izi ngabo zijya guteza umutekano muke ku butaka bwa Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo. Umukuru w’Igihugu yibajije […]

Nyagatare/Karama: Ufite ubumuga bw’ingingo arataka akarengane n’itotezwa amazemo imyaka itanu

Umuturage witwa Epimaque Kanyawera uzwi ku mazina ya Runyunya cyangwa Sisitimu, utuye mu Mudugudu wa Kabeza, Akagari ka Nyacyiga, Umurenge wa Karama, arataka gutotezwa n’akarengane abamo kuva mu myaka itanu ishize, ashinjwa kuba yaratanze amakuru kuri ruswa bityo akaba yarahagarikiwe ubufasha bw’abatishoboye bwose ndetse ngo aranakubitwa. Kanyawera yatangarije Bwiza.com ko imvano y’ibyo akarengane ikomoka ku […]

Ubudage: Abakinnyi basabwe kudaterana akabariro n’abagore babo

Abakinnyi bakina muri shampiyona zitandukanye mu gihugu cy’Ubudage, basabwe n’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri iki gihugu (DFB) kudatera akabariro cyangwa ngo basome abagore babo, mu gihe bagaragaje (abagore) ibimenyetso bya Covid-19. Iri ni rimwe mu mabwiriza yashyizweho na DFB, mu rwego rwo kwirinda ikwirakwira rya Covid-19 mu gihe shampiyona zizaba zasubukuwe. Mu busanzwe shampiyona y’Abadage yagombaga […]

Ivugururwa ry’ibya Kisilamu : Igice cya Kabiri (2)

Urugendo rw’ivugurura kuva kw’ikubitiro kugeza none Kugirango tubashe gusubiza neza iki kibazo turifashisha imirimo ya Mohamed Haddad kuko yabisesenguye mu gitabo cye le rĂ©formisme musulman, une histoire critique akabigaragaza muri Kiriya giterane (colloque) navuze. Abiva I muzingo akerekana urugendo rw’ivugurura kugeza none . Iby’ivugurura bivugwa kandi na Tariq Ramadan mu gitabo cye “La rĂ©forme radicale […]

Guinée Bissau yabaye ikindi gihugu gisabye Madagascar umuti wa Covid-19

Igihugu cya GuinĂ©e Bissau cyabaye icya kabiri ku mugabane w’Afurika gisabye Madagascar ku muti wa Covid-Organics iheruka kwemeza ko uvura Covid-19, inemera kuwukwirakwiza mu bindi bihugu bituranye nayo mu burengerazuba. Byemejwe na Perezida wa Madagascar, Andry Rajoelina, nyuma y’ikiganiro cyabaye mu buryo bw’ikoranabuhanga yagiranye na mugenzi we wa GuinĂ©e Bissau, Umaro Sissoko Embalo. Perezida Rajoelina […]

Burundi: Urugendo rwo kwiyamamaza rwatangiye mu mahwa ya Covid-19, ibirego bya HRW na Amnesty

Gaston Sindimwo ahagarariye UPRONA

Urugendo rwo kwiyamamariza Umwanya w’Umukuru w’Igihugu mu Burundi rwatangiye kuri uyu wa 27 Mata 2020, mu gihe iki gihugu n’isi muri rusange byugarijwe n’icyorezo cya Covid-19, hakiyongeraho n’ibirego by’imiryango Mpuzamahanga iharanira uburenganzira bwa muntu; HRW (Human Right Watch) na Amnesty International ivuga ko hakomeje kuberayo ikandamizwa ry’ikiremwamuntu. Ibikorwa byo kwiyamamaza birimo abakandida barindwi bazavamo uzasimbura […]

Covid-19 : U Butaliyani, u Bufaransa na Esipanye bigiye gufungura bimwe mu bikorwa

Abayobozi mu bihugu by’u Butaliyani, u Bufaransa na Esipanye biri mu myanya y’imbere mu byugarijwe cyane n’icyorezo cya Covid-19 bari gutegura uburyo ibikorwa bimwe na bimwe byakongera gusubukurwa bidatinze, mu rwego rwo kugabanya izahara ry’ubukungu bwabyo. U Butaliyani nk’igihugu cya kabiri cyazahajwe cyane na Covid-19 inyuma ya Leta Zunze Ubumwe z’Amerika bitarenze tariki ya 4 […]

Umunyamakuru watutse Tshisekedi yakuruye umwuka mubi hagati ya Israël na RDC

Nyuma y’aho umunyamakuru wigenga wo muri IsraĂ«l atukiye Perezida wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo, FĂ©lix Tshisekedi akamwitira umwesikoro kuri televiziyo ndetse akibasira abandi bayobozi muri Afurika, ubutegetsi bw’iki gihugu kiri mu burengerazuba bw’uyu mugabane kuri uyu wa 26 Mata 2020 bwanditse busaba ko yasaba imbabazi. Tariki ya 23 Mata 2020 kuri televiziyo yo muri […]