Igihugu cya Guinée Bissau cyabaye icya kabiri ku mugabane w’Afurika gisabye Madagascar ku muti wa Covid-Organics iheruka kwemeza ko uvura Covid-19, inemera kuwukwirakwiza mu bindi bihugu bituranye nayo mu burengerazuba.
Byemejwe na Perezida wa Madagascar, Andry Rajoelina, nyuma y’ikiganiro cyabaye mu buryo bw’ikoranabuhanga yagiranye na mugenzi we wa Guinée Bissau, Umaro Sissoko Embalo.
Perezida Rajoelina yavuze ko Guinée Bissau igomba kohereza muri Madagascar indege yo gutwara uriya muti kugira ngo uyifashe guhangana na Covid-19.
Abinyujije kuri Twitter ye yagize ati: “Ndashimira Perezida wa Guinée Bissau Umaro Sissoko Embalo, ku cyifuzo yagize cyo guha igihugu cye n’abaturanyi bacyo bo muri Afurika y’Iburengerazuba umuti wa CVO/Covid-Organics. Agomba kohereza indege yo kuyivana muri Madagascar. Afurika yiyunze inafatanyije ni yo izatsinda Covid-19.”
Guinée Bissau ibaye igihugu cya kabiri cy’Afurika gisabye uriya muti ku mugaragaro, nyuma ya Sénégal yawusabye mu cyumweru gishize binyuze muri Perezida wayo, Macky Sall.
Umuti wa Covid-Organics, ukozwe mu byatsi byitwa Artemisia wemejwe ko ukoreshwa mu kuvura Malaria. Ni umuti kandi ukozwe no mu bindi byatsi gakondo byo muri Madagascar nk’uko ikigo cya Madagascar gikora ubushakashatsi (IMRA) cyabitangaje.
Ubwo Perezida Rajoelina yamurikaga uriya muti ku wa 20 Mata, yavuze ko bawugeragereje ku bantu babiri ukabakiza.
Yagize ati: “Twakoze isuzuma, abantu babiri ubu bakijijwe n’uyu muti. Iki ni icyayi cy’ibyatsi kivura mu minsi irindwi. Ni njye wa mbere uyu munsi urawunywera imbere yanyu, mubone ko ukiza kandi utica”.
Ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku buzima, OMS, riherutse gushidikanya ku buziranenge bw’umuti wa Madagascar rivuga ko nta kimenyetso cyerekana ko uvura, bijyanye n’uko nta bihamya byawo bishingiye kuri siyansi byigeze bigaragazwa.


6 Responses
Guinée Bissau yabaye ikindi gihugu gisabye Madagascar umuti wa Covid-19
OMS ntishobora kwemera uyu muti mugihe atarabazungu bawuvumbuye, ahubwo buriya baraje bavuge ngo bagiye gupima ubuziranenge bwawo ubundi batangazeko Atari muzima hanyuma bazawugarure kwisoko wawuyitirire banawuhindurire izina tuu
Guinée Bissau yabaye ikindi gihugu gisabye Madagascar umuti wa Covid-19
OMS ntishobora kwemera uyu muti mugihe atarabazungu bawuvumbuye, ahubwo buriya baraje bavuge ngo bagiye gupima ubuziranenge bwawo ubundi batangazeko Atari muzima hanyuma bazawugarure kwisoko wawuyitirire banawuhindurire izina tuu
Guinée Bissau yabaye ikindi gihugu gisabye Madagascar umuti wa Covid-19
Wabona uwo muti uzagira akamaro reka dutegereze.
Guinée Bissau yabaye ikindi gihugu gisabye Madagascar umuti wa Covid-19
Wabona uwo muti uzagira akamaro reka dutegereze.
Guinée Bissau yabaye ikindi gihugu gisabye Madagascar umuti wa Covid-19
Abazungu nibwa mubareke
Guinée Bissau yabaye ikindi gihugu gisabye Madagascar umuti wa Covid-19
Abazungu nibwa mubareke