Ibitego bibiri bya Cristiano Ronaldo birimo kimwe cyabaye icya 800 yatsinze mu mateka ye, byafashije Manchester United gutsindira Arsenal ibitego 3-2 i Old Trafford.
Amakipe yombi yakinaga umukino w’umunsi wa 14 wa shampiyona warebwe n’umutoza Ralf Rangnick.
Arsenal ni yo yafunguye amazamu mbere ku gitego cyo ku munota wa 13 w’umukino kitavuzweho rumwe cya Emile Smith Rowe.
Uyu musore w’Umwongereza yafunguye amazamu mu gihe umunyezamu David De Gea wa Manchester United yari aryamye hasi, nyuma yo gukandagirwa akagombambari na mugenzi we Fred.
Byasabye ko umusifuzi Martin Atkinson yiyambaza amashusho ya VAR mbere yo kwemeza igitego cya Arsenal.
Nyuma yo kotsa igitutu izamu rya Arsenal, byasabye umunota wa 44 w’umukino kugira ngo Manchester United ibashe kwishyura ibifashijwemo na Bruno Fernandes.
Cristiano Ronaldo wari wabanje ku ntebe y’abasimbura mu mukino Manchester United uheruka kunganyamo na Chelsea 0-0, yatsinze igitego cya kabiri ku munota wa 52 ku mupira yari ahawe na Marcus Rashford.
Arsenal yaje kwishyura iki gitego cya 800 cya Ronaldo nyuma y’iminota ibiri binyuze kuri Martin Odegaard, gusa Cristiano Ronaldo aza gutsindira Manchester United igitego cya gatatu cyo ku munota wa 76 w’umukino.
Ni igitego yatsinze kuri penaliti, nyuma y’ikosa Odegaard yari akoreye kuri Fred.
Intsinzi ya Manchester United kuri Arsenal yakurikiwe n’isezera rya Michael Carrick wari umutoza wayo w’agateganyo.
Carrick wari umaze imyaka 15 muri Manchester United, yasezeye mu gihe byari byitezwe ko agomba kungiriza umutoza Ralf Rangnick.
Gutsinda Arsenal byatumye Manchester United ifata umwanya wa karindwi n’amanota 21, ikaba irushwa abiri na Arsenal yari guhita yinjira mu makipe ane ya mbere iyo itsinda umukino wabahuje.


