download

Dani Alves yagizwe umwere

Sangiza iyi nkuru

Uwahoze ari umukinnyi wa FC Barcelona, Dani Alves yagize umwere nyuma y’uko atsinze ubujurire bwe kuri uyu wa Gatanu, ubwo urukiko rwo muri Espagne rwateshaga agaciro icyemezo cyari cyamuhamije icyaha cyo gufata ku ngufu.

Mu Gashyantare 2024, Alves yari yarakatiwe igifungo cy’imyaka ine n’amezi atandatu nyuma yo guhamwa no gufata ku ngufu umugore mu kabari mu Ukuboza 2022. Gusa, urukiko rwavuze ko hari “ibimenyetso bidahagije” byo kumuhamya icyo cyaha.

Umwunganizi we mu mategeko, Inés Guardiola yavuze ko Alves ari umwere kandi ko ubutabera bwatanzwe uko bikwiye. Abacamanza bane b’urukiko rukuru rwa Barcelona basanze ibimenyetso byatanzwe n’urega bitandukanye cyane n’amashusho yafashwe mbere y’uko we n’uwo mugore binjira mu bwiherero bw’akabari aho icyaha cyavuzwe ko cyakorewe.

Alves w’imyaka 41 yari yarafunzwe kuva muri Mutarama 2023 kugeza muri Werurwe 2024, ubwo yarekurwaga amaze gutanga ingwate ya miliyoni imwe y’ama-euro. Ubushinjacyaha bwari bwasabye ko igihano cye cyongerwa kikagera ku myaka icyenda, mu gihe uruhande rw’urega rwasabaga imyaka 12.

Iki cyemezo gishobora kujuririrwa mu rukiko rukuru rwa Espagne ruri i Madrid.

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *