Umuryango wa Emmy Mutayoberwa n’abana be babiri b’abakobwa; Daniella Mutayoberwa na Damita Mutayoberwa bikekwa ko bishwe n’umukozi wabo wo mu rugo, Shadrack Kapanga, washyinguwe mu irimbi rya Kondo ahitwa Mbezi Beach mu Mujyi wa Dar Es-Salaam kuri uyu wa 14 Kamena 2021 mu ndirimbo z’agahinda. Polisi ya Tanzania mu Mujyi wa Dar- Es Salaam (Dar) ivuga ko yataye muri yombi umusore w’imyaka 34 witwa Shedrack Kapanga, imukekaho kugira uruhare muri ubwo bwicanyi. Aba uko ari batatu basanzwe mu nzu yabo iri ahitwa Masaki mu Mujyi wa Dar bapfuye bisa nk’aho bakubiswe ibintu ku mitwe yabo bidatyaye, byatumye bava amaraso kugeza bashizemo umwuka. Polisi nk’uko Millardayo ibitangaza, ivuga ko iperereza ry’ibanze ryerekana ko Kapanga yaba yarishe uyu muryango kuko “Bamutonganya buri kanya.” Umwe mu bayobozi wa Polisi muri Dar, Muliro Jumanne yabwiye Radio One ko ubu bwicanyi bwabaye kuwa 9 Kamena 2021. Avuga ko Kapanga yafashwe kuwa 11 Kamena ari ahitwa Magomeni, arimo kugerageza gutoroka. Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Daniela, Emmy na Damita Mutayoberwa biswhe/ Millardayo
XMA Header Image
Netanyahu:Umukomando kabuhariwe-Uko yasuye u Rwanda\intiti mu bukungu igiye kubarizwa muri Opozisiyo
youtube.com


