Donald Trump yahamijwe ibyaha 34 yari akurikiranweho i New York yandika amateka

Sangiza iyi nkuru

Donald Trump wahoze ari Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yahamijwe ibyaha 34 byose byo guhimba inyandiko z’ubucuruzi mu rubanza rwe rw’amateka i New York. Ni ku nshuro ya mbere Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, uriho cyangwa wahozeho, ahamijwe icyaha mu butabera.

Uyu mugabo usanzwe ari umuherwe wahoze ari perezida azakatirwa ku itariki ya 11 Nyakanga, aho ashobora gufungwa, ariko impuguke mu by’amategeko zivuga ko ihazabu ari yo ishobora kuvamo.

Trump yise iki cyemezo “agasuzuguro” maze yibasira umucamanza Merchan wari uyoboye uru rubanza nk’uko tubikesha BBC.

Iki cyemezo kije mu gihe ashaka kongera guhangana na Joe Biden mu matora yo mu Gushyingo ngo arebe ko yasubira muri White House.

Urukiko rwumvise abatangabuhamya 22 mu byumweru bitandatu, barimo uwari umukinnyi wa filimi z’urukozasoni, Stormy Daniels, bivugwa ko yaba yararyamanye na Trump akaba ari we wari izingiro ry’uru rubanza.

Trump yashinjwe guhisha ubwishyu bwatanzwe n’uwahoze ari umwunganizi we kugira ngo agure guceceka k’uyu wahoze ari umukinnyi wa filime z’urukozasoni mbere gato y’amatora yo mu 2016.

Akanama k’iburanisha kagizwe n’abantu 12 kafashe iminsi ibiri yo kubitekerezaho kugira ngo kagere kuri iki cyemezo gihamya Trump ibyaha.

Nubwo bimeze gutya, Trump aracyafite amahirwe yo guhatanira kongera kuyobora Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *