Ikinyamakuru ESPN cyateje impaka zikomeye cyane mu banyamupira baba abo ku mbugankoranyambaga ndetse n’ahandi hose nyuma yo gutangaza amakinnyi 25 ba mbere beza bo mu kinyejana cya 21.
Mu byumweru gishize, iki kinyamakuru nibwo cyasohoye urutonde rugibwaho impaka kugeza n’ubu ku bakinnyi 25 babaye beza mu kinyejana cya 21.
Ibitangazamakuru bitandukanye byagiye bijya impaka ku bakinnyi 10 bambere muri abo 25 iki kinyamakuru cyatangaje kuko hari abakinnyi benshi babaye beza kitashyize imbere ahubwo cyashyize inyuma.
Ku mwanya wa Mbere iki kinyamakuru cyahashyize Lionel Messi ubitse igikombe cy’isi giheruka na Copa America y’uyu mwaka.
Ku mwanya wa Kabiri bahashyize Cristiano Ronaldo usanzwe ari umukeba ukomeye cyane wa Lionel Messi.
Ku mwanya wa Gatatu iki kinyamakuru cyahashyize umufaransa Thierry Henry wabiciye bigacika mu ikipe y’igihugu y’ubufaransa.
Zinedine Zidane na we ukomoka mu bufaransa ni we washyizwe ku mwanya wa Kane.
Ku mwanya wa Gatanu hashyize umunya-Croatia, Luca Modric wafashije cyane Real Madrid kwegukana Champions League zirenga 3 ndetse akaba yaranafashije igihugu cye kugera ku mukino wa nyuma w’igikombo cy’isi muri 2018.
Ku mwanya wa Gatandatu hashyizwe, Kylian Mbappe ufatwa nk’ugiye gusigariraho Lionel Messi na Cristiano Ronaldo.
Ku mwanya wa Karindwi hazaho Andreas Iniesta ukomoka muri Espagne akaba yaramenyekanye cyane muri FC Barcelona.
Ku mwanya wa Munani hari Xavi Hernandez na we wakiniye anatoza FC Barcelona.
Umwanya wa Cyena n’uwa Cumi hariho abakinnyi 2 bakomoka muri Brazil aribo Ronaldo Nazirio na Ronldinho.
Aba ni abakinnyi 10 ba mbere iki kinyamakuru cyasohoye mu bakinnyi 25 cyakoze b’ibihe byose mu kinyejana cya 21.
Abandi bakinnyi baza inyuma y’aba ni:
25. Gianluigi Buffon
24. Luis Suarez
23. Patrick Vieira
22. Wayne Rooney
21. Andrea Pirlo
20. Neymar
19. Kaka
18. Robert Lewandowski
17. Sergio Busquets
16. Karim Benzema
15. Carles Puyol
14. Sergio Ramos
13. Toni Kroos
12. Kevin De Bruyne
11. Zlatan Ibrahimovic


