DR.Congo:Abakomando barenga 50 bigabije urugo rwa Corneille Nangaa bararusaka

Sangiza iyi nkuru

Abasirikare b’abakomando barenga 50 bigabije urugo Corneille Nangaa bararusaka mu rwego rwo kureba niba ntakibitsemo cyahungabanya umutekano.

Iri tsinda ry’ingabo za Guverinoma ya Kinshasa,ryasatse uru rugo nyuma y’uko bari babanje kuzenguruka i Hotel Castello y’u mudamu wa Corneille Nangaa bakanayisaka.

Ku isaha ya saine 10:30 pm ku masaha ya Kinshasa nibwo iyi Hoteli yazengurutswe n’itsinda rimwe ry’abakomando, irindi ryinjiramo imbere bagezemo basaba abakozi ba Hoteli gusohoka nabo bagakora ibyabazanye.

Ni igikorwa cyatwaye iminota itari myinshi kuko ahagana isaha za saa tanu, z’ijoro irindi tsinda ry’Abasirikare benshi bahise berekeza ahari inzu ya Corneille Nangaa, iherereye muri Komine ya Gombe mu mujyi wa Kinshasa.

Umwe mu bakora mu nzego z’umutekano i Kinshasa, yabwiye umwe mu banyamakuru iri sakwa ahanini ryari rigamije gukurikirana buri bikorwa byose bishobora guhungabanya umutekano.Gusa hari n’abasesengura ko hacyekwaga ko yaba Corneille Nangaa yaba ahaza runono akongera akagenda.

Corneille Nangaa yabaye Perezida wa Komisiyo y’amatora muri RDC nyuma aza kwitandukanya na Leta aho mu minsi ishize yanashinze umutwe wa politike gukuraho ubutegetsi bwa perezida Félix Tshisekedi.Uyu mutwe yashinze bikavugwa ko waba ari nyirabayazana yo gusaka urugo rwe na Hoteli y’umugore we.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *