Mu ntara ya Kivu y’Epfo yo muri Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo intambara ikomeje gukaza umurego aho yatangiye kuva ku cyumweru mu duce tw’Akarere ka Minembwe, impande zihanganye kubera amoko ni Abanyamulenge, Abanyindu, Abafulero n’indi mitwe itandukanye.
Umuyobozi w’umutwe w’Abanyindu Pierrot Kaluba ashinja Abanyamulenge n’umuyobozi wabo Col. Michel Rukunda bakunda kwita Makanika ko bamugabyeho igitero bakica abantu be.
Ejo hashije tariki ya 4 Kamena Col Makanika yatangarije BBC ko ahanganye n’aba Mai-Mai gusa avuga ko abamereye nabi kuko yanabohoje uduce twose izo nyeshyamba zari zarafashe.
Kugeza ubu abarenga 46,000 ni bo amaze gukurwa mu twabo mu karere ka Minembwe nkuko umuyobozi wako Gad Mukiza abivuga.
Mu gitondo cyo ku cyumweru ni bwo abarwanyi bayobowe na Col. Makanika bagabye igitero mu matware ya Fizi ahitwa Murambya bavuye mu matware ya Uvira, muri iki gitero hapfuye abantu 25, abagera kuri 15 barakomereka, harimo abana bane, abagabo 16 n’abagore batatu, aya makuru akaba yaratanzwe n’impunzi.
Bitewe n’ubukana abarwanyi ba Makanika bafite, mu gitondo cyo ku wa mbere batwitse uduce twa Kabara, Zinda na Kivumu ndetse no kuwa gatatu bateye mu gace ka Nyamala.
Mu ntambara iri kubera muri Minembwe bivugwa ko harimo n’Abarundi nk’uko bitangazwa Kaluba. Uyu mugabo avuga ko iyi ntambara ikaze cyane kuko ngo hari gukoreshwa intwaro zikomeye cyane.
Bwana Kaluba agira ati: “Ingabo ziri ahitwa mu Bujombo na Mikenke ahandi n’uduhari tubiri ntitwabasha kubarwanya twahise duhunga, ni abantu bakomeye cyane”. Umuyobozi w’Abanyamulenge, Makanika yavuye mu ngabo za leta ajya kuyobora uwo mutwe aho yavugaga ko yagiye kurwanirira ubwoko bwe.
Ejo hashize kuwa kane Makanika yabwiye BBC ko ageze mu gace ka Fizi aho ari kurwana n’aba Mai Mai. Dore icyo Makanika yasubije abajijwe ikintu kiri kubatera kurwana “Turapfa icyo batuziza (Abanyamulenge), bagize umugambi wo kudutsemba no kuturandura iwacu, duhinduka impunzi dufata imbunda kugira ngo twirwaneho”.
Col. Makanika ntiyemera ko ari umuyobozi w’umutwe wa Gumino ahubwo we avuga ko ari kumwe n’abasivile bari kurwana ku buzima bwabo. Uyu mugabo akomeza avuga ko leta izi iby’iyi ntambara ariko ko ntacyo iri gukora ngo ikemure ibibazo bafitanye.
Makanika yabwiye BBC ati “Twaravuze, abantu baraboroze babura gitabara, ugasanga abasirikare ba leta bari mu karere bararinda abaturage b’ubwoko bumwe abandi bakabanyaga, hanyuma ngo tubyihanganire tubireke?”
Uruhande rw’Abanyamurenge kandi binyuze mu muyobozi wabo bavuga ko ejo kuwa kane babaye bahagaritse imirwano kandi ko abishwe batari abasivile ahubwo ari inyeshyamba z’aba Mai-mai harimo n’abayobozi babo.


