20250929_141003_copy_1000x520

Drones zaturutse i Bujumbura na Uvira zarashe mu Mikenke

Sangiza iyi nkuru

Ihuriro ry’Ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuri uyu wa Mbere ryarashe mu midugudu ituwe b’Abanyamulenge mu gace ka Mikenke ko mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, rikoresheje drones z’intambara.

 

Amakuru y’ibi bitero bishya yemejwe n’umutwe wa M23 biciye mu muvugizi wawo, Lawrence Kanyuka.

Kanyuka yifashishije urubuga rwe rwa X, yavuze ko drones zarashe biriya bitero zaturutse i Bujumbura mu Burundi ndetse no mu mujyi wa Uvira.

Ati: “Guhera saa mbili z’igitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki ya 29 Nzeri, ihuriro ry’ingabo z’ubutegetsi bwa Kinshasa ziri kurasa ubudahagarara imidugudu ya Mikenke no mu nkengero zaho. Ibyo bitero biri gukorerwa i Bujumbura na Uvira, biri kwibasirana abaturage b’abasivile ubugome butigeze bubaho.”

M23 yavuze ko bijyanye n’ubugome bukabije Leta ya RDC ikomeje gukorera abaturage, igomba kubaba hafi no kubarinda ikoresheje uburyo bwose bushoboka.

Amakuru y’ibanze avuga ko inzu ebyiri z’abaturage ari zo zashenwe na biriya bitero bya drone.

Ibitero byo kuri uyu wa Mbere birakurikira ibyo ingabo za Leta ya RDC zagabye mu bice bitandukanye ku Cyumweru tariki ya 28 Nzeri.

Ibi birimo icyagabwe ku kiraro cya Mpety M23 yarimo yubaka muri Teritwari ya Walikale cyashenwe n’ingabo za Leta.

Ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize bwo drone yaturutse i Bujumbura yarashe mu mujyi muto wa Nzibira M23 imaze icyumweru kirenga yigaruriye.

Soma Izindi Nkuru

The Ben ari mu bitaro

April 16, 2026

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *