Impinja zivuka zifite imitwe minini ngo ziba zifite amahirwe yo kuba abanyabwenge ugerereranyije n’abavukana bafite imito, aho usanga iyo bakuze buri kintu cyose bakora usanga bashyirwa ari uko bakigezeho.

Ubushakashatsi bwakozwe n’impuguke zo mu Bwongereza ku bijyanye n’ibinyabuzima,bwagaragaje ko mu gihe umwana avutse afite umutwe wisumbuye ko akenshi agira ubwenge bikamuganisha ku gutsinda mu bintu byinshi bitandukane.
Izi nzobere zivuga ko uturemangingo tw’ubwonko tuba dutubutse tukiyegeranya tugahana amakuru atuma imitekerereze yaguka bityo umwana agahora yaguka kugeza ubwo akuze yiha intego akenshi akanazigeraho.

Bene uyu mwana kandi ngo aho agira umwete yita kuri buri kimwe mu gihe abandi bafite umutwe usanzwe bagenda batekereza bishingiye ku rwego rwabo rusanzwe.
Iki cyegeranyo cyakozwe n’abashakashatsi batandukanye aho abanyeshuri bagera ku bihumbi 500 bize ibyerekeye ubu bumenyi igihe kirekire banifatiraho ingero nyinshi basanga zifatika nkuko byagarutsweho na Tuko.com
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Ndacyayisenga Fred@Bwiza.com


