Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia, Dr Abiy Ahmed, aravuga ko hari ibihumbi by’ingabo za leta ya Tigray zamanitse amaboko ku ngabo za Leta ya Ethiopia, nyuma y’igihe ntarengwa zari zahawe ngo zibe zamaze kwemera ko zatsinzwe.
Ku wa Kane Tariki ya 25 Ugushyingo ni bwo amasaha 72 Leta ya Ethiopia yari yahaye ziriya ngabo ngo zibe zamaze kwemera gutsindwa yarangiye, asiga bamwe muri bo bamanitse amaboko mu gihe hari abandi bagikomeje gukukuza.
Mu itangazo Minisitiri Abiy yasohoye mu kanya kashize, yavuze ko hari ibihumbi by’abasirikare badasanzwe ba Tigray n’abandi barwanyi b’iriya leta bamaze kuyamanika, nyuma yo gusobanukirwa imugambi mibisha y’ishyaka Tigray People Liberation Front (TPLF) riri ku butegetsi muri iriya Leta.
Abiy yagize ati: “Mu masaha 72 ashize, ibihumbi by’abasirikare badasanzwe n’umutwe w’abarwanyi ba Tigray bamanitse amaboko ku gisirikare cya Ethiopia. Abakiri bato benshi muri Tigray nyuma yo kumenya imigambi mibisha ya TPLF, na bo bahagaritse kwivanga mu migambi isenya ya TPLF.”
Minisitiri wa Ethiopia yavuze ko kuba Leta y’igihugu cye yari yashyizeho igihe ntarengwa cy’amasaha 72, yari igamije ibintu bibiri: birimo gushimangira amategeko ya kiriya gihugu no kurinda abasobanukiwe ibyaha bya TPLF bagahitamo kwitandukanya na yo.
Avuga ko iyo ingabo za Tigray zihitamo gushyira hasi intwaro mu mahoro, intambara ihuje impande zombi iba yararangiye.
Minisitiri Abiy yavuze ko amarembo yari yarafunguriwe ingabo Tigray ngo ziyinjiremo mu mahoro yamaze gufungwa, igikurikira akaba ari ikiciro cya gatatu cy’ibitero simusiga ku bahisemo kwinangira.
Ibi bitero karundura ari na byo bya nyuma, Abiy yavuze ko bigomba kugabwa hitawe cyane ku kurinda ikibi abaturage ba Tigray ndetse no kurinda umurwa mukuru w’iriya ntara (Mekele) ko wangizwa n’intambara.
Yasabye abatuye muri uriya mujyi gushyira intwaro hasi bakanaguma mu ngo zabo, ndetse bakanafata ingamba mu rwego rwo kwirinda ko hari ingaruka zabageraho.
Yabasabye kandi kugira uruhare mu kugabanya ibishobora kwangirika, batunga agatoki k’aho abarwanyi ba TPLF bihishe.



2 Responses
Ethiopia: Ibihumbi by’abasirikare badasanzwe ba Tigray bayamanitse
Amakungu arihe ga yemwe je numva tigrey hagye kuba umuyonga
Ethiopia: Ibihumbi by’abasirikare badasanzwe ba Tigray bayamanitse
Amakungu arihe ga yemwe je numva tigrey hagye kuba umuyonga