Ethiopia: Umunyamakuru wa The New York Times yirukanwe abuzwa no gusezera umuhungu we

Sangiza iyi nkuru

Leta ya Ethiopia yirukanye ku butaka bwayo umunyamakuru wa The New York Times yari iherutse kwambura uburenganzira bwo gukorera muri iki gihugu kubera inkuru yakoze ku mirwano yo muri Tigray.

Iki cyemezo cyo kwirukana umunyamakuru Simon Marks, Umunya-irlande wabaga muri Ethiopia, cyamaganwe bikomeye n’Umuryango w’Abanyamakuru batagira umupaka (Reporters Without Borders) watangaje ko ari ubwa mbere umunyamakuru mpuzamahanga yirukanwe muri iki gihugu ku buyobozi bwa Minisitiri w’Intebe, Abiy Ahmed.

Mu nkuru cyakoze ku iyirukanwa rya Marks, ikinyamakuru The New York Times cyavuze ko abayobozi muri Ethiopia bamuhamagaje ngo bakorane inama bakamufungira ku kibuga cy’indege amasaha agera ku munani mbere yo kumwinjiza mu ndege ya saa sita z’ijoro kuri uyu wa Gatanu.

Asobanura ibyamubayeho akoresheje twitter, Marks nawe yanditse agira ati “ Ntabwo abakozi bashinzwe abinjira n’abasohoka bambujije gusa kujya mu rugo gufata ibintu byanjye, ahubwo banambujije gusezera uumuhungu wanjye mwiza w’imyaka 2 n’imbwa ebyiri, nubwo nabisaba mu kinyabupfura. Byibuze nabashije gusoma umwunganizi (ashaka kuvuga Umugore babanaga ariko batarasezeranye) ku kibuga cy’indege.”

Mohammed Idris, Umuyobozi w’urwego rushinzwe itangazamakuru muri Ethiopia, yavuze ko Marks ntacyo yari agikora mu gihugu kuva yarambuwe uburenganzira bwo kuhakorera.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


Soma Izindi Nkuru

2 Responses

  1. Ethiopia: Umunyamakuru wa The New York Times yirukanwe abuzwa no gusezera umuhungu we
    bagize neza kumwirukana

  2. Ethiopia: Umunyamakuru wa The New York Times yirukanwe abuzwa no gusezera umuhungu we
    bagize neza kumwirukana

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *