Ethiopia yise TPLF imbeba yazerereye kure y’umwobo wayo itegereje urupfu

Sangiza iyi nkuru

Guverinoma ya Ethiopia ku wa Kane yatangaje ko iri mu nzira zo gutsinda intamba ihanganyemo n’inyeshyamba za TPLF ndetse irahirira gukomeza kurwana na zo, nyuma y’umwaka impande zombi zihanganye.

Ni ibikubiye mu butumwa iyi Guverinoma yanyujije ku rubuga rwayo rwa Facebook.

Iti: “Iki si igihugu cyasenywa na propagande y’amahanga! Turarwana intambara iriho.”

Ethiopia yigambye kuba mu nzira zo gutsinda intambara ihanganyemo n’inyeshyamba za TPLF, mu gihe izi nyeshyamba ziherutse gutangaza ko ziri gusatira i Addis Ababa mu murwa mukuru wayo.

Iri tangazo rya Ethiopia rije kandi mu gihe hariho icyizere cy’uko Guverinoma iyobowe na Minisitiri w’Intebe, Dr Abiy Ahmed Ali, ishobora kugirana ibiganiro bigamije guhoshya imirwano na TPLF, gusa birasa n’aho iby’ibi biganiro bidashoboka.

Ku wa Gatatu w’iki Cyumweru intumwa yihariye ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu gace k’ihembe rya Afurika, Jeffrey Feltman, yari yagiriye uruzinduko muri Ethiopia mu rwego rwo gufasha impande zihanganye mu ntambara kuyoboka inzira y’ibiganiro.

Uwo munsi ni bwo Umuvugizi wa TPLF, Getachew Reda, yatangaje ko bafatanyije n’inyeshyamba za Oromo bageze mu gace ka Kemissie kari ku bilometero 325 uvuye i Addis Ababa, ndetse ko bashobora kugera muri uriya murwa mukuru wa Ethiopia mu byumweru bike.

Itangazo rya Guverinoma ya Ethiopia ku rundi ruhande ryerekanye isura itandukanye n’iyo abantu batekerezaga kuri iriya ntambara, kuko yo ivuga ko inyeshyamba za TPLF zamaze kugotwa.

Iti: “Imbeba yazerereye kure y’umwobo wayo urupfu rwayo ruregereje. Abaturage bacu mu kumenya ko turi mu cyiciro cya nyuma yo kurokora Ethiopia, bakwiye gukomeza urugamba rwabo rw’ubutwari.”

Kugeza ubu Ethiopia iri mu bihe bidasanzwe bizamara amezi atandatu, bigamije kwirinda ko inyeshyamba zakwigarurira Addis Ababa zigahirika ubutegetsi bwa Ethiopia.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *