Isosiyete y’indege ya Leta, Ethiopian Airlines, yavuze ko yahagaritse ingendo zerekeza mu gihugu cy’abaturanyi cya Eritrea, kubera uburyo bugoye bwo kuhakorera itatangaje.
Eritrea yari yavuze mbere ko izahagarika ingendo zose za Ethiopian Airlines mu mpera z’uku kwezi.
Ingendo ziva muri Ethiopia zerekeza muri Eritrea zari zasubukuwe mu mwaka wa 2018 nyuma y’imyaka 20, nyuma y’amasezerano y’amahoro no kongera umubano w’ububanyi n’amahanga hagati y’abaturanyi bombi, ibyahesheje Minisitiri w’intebe wa Ethiiopia, Abiy Ahmed, Igihembo cy’Amahoro cyitiriwe Nobel nyuma y’umwaka.
Abadipolomate bagera kuri batanu babwiye Reuters ko ihagarikwa ry’ingendo za Ethiopian Airlines ari ikimenyetso gifatika cyerekana ko umubano hagati ya Asmara na Addis wifashe nabi cyane, ariko bakavuga ko ibyago by’iyubura ry’amakimbirane kuri ubu ntabyo.
Ibihugu byombi byari byarahagaritse umubano mu 1998, igihe intambara y’imyaka ibiri hagati yabyo yatangiraga ku mupaka wabo utavugwaho rumwe.
Eritrea yaje gufasha Ethiopia mu ntambara yadutse mu Gushyingo 2020 yo kurwanya ingabo za Leta ya Tigray, imwe mu zigize Ethiopia, ariko umubano wongeye kuzamo igitotsi nyuma y’uko Asmara ihejwe mu biganiro by’amahoro byasoje ayo makimbirane nyuma y’imyaka ibiri, bamwe mu ngabo zayo bafatiwe ku rugamba bakiri muri Tigray.


