Inteko ishinga amategeko y’Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi yunze mu ijambo indi miryango mpuzamahanga yavuze, ishinja leta y’u Burundi guhohotera abaturage no kubima uruvugiro. Ingingo zikubiye mu butumwa bw’iyi nteko ishinga amategeko, zigaragaza uburyo leta y’u Burundi itubahiriza uburenganzira bw’abaturage nk’ihoterwa ribakorerwa kwambura ububasha itangazamakuru n’uko Reuters yabitangaje uyu munsi tariki ya 16 Mutarama 2020.
Iki kibazo kivuzweho n’imiryango mpuzamahanga itandukanye irimo: uw’ibihugu biri mu majyepfo y’Afurika (SADC), Umuryango uharanira uburenganzira bw’ikiremwamuntu (Human Right Watch), Urukiko mpuzamahanga mpanabyaha rugaragaza uruhare rwa bamwe mu bayobozi mu ihohoterwa ry’abiganjemo abatavuga rumwe n’ubutegetsi, imiryango ishamikiye ku itangazamakuru yavuze ku ihagarikwa rya Radio BBC na VOA nko kunigana ijambo abaturage ndetse n’ifungwa ry’abanyamakuru ba Iwacu/Burundi, iyi nteko yasabye ko barekurwa. Iby’uburenganzira bw’ikiremwamuntu butubahirizwa byavuzweho kuva mu 2015, ubwo Perezida Nkurunziza yemezaga ko yiyamamariza umwanya w’umukuru w’igihugu, gusa muri iki gihe abayobozi batandukanye barimo n’Umukuru w’Igihuhu bemeza ko umutekano umeze neza muri iki gihugu, basaba n’abahunze ku bw’umutekano muke, bataha, bagategura amatora ya tariki 20 Gicurasi 2020. Impungenge ni nyinshi kuri iki gihugu kiri mu gihe cyo gutegura aya matora, mu mezi ashize cyagabweho ibitero byigambye imitwe irwanya ubutegetsi irimo Red Tabara, umutwe uba mu majyepfo y’uburasirazuba bw’igihugu. Byavuzwe kandi ko hari ibitero bito bito byagiye bigabwa mu gihugu hagati, aho umuntu cyangwa itsinda rituritsa igisasu, rikigendera. Havuzwe cyane kwicwa no guhohoterwa kw’abo mu mashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi, havuzwe guhatirizwa gutaha ku mpunzi zari mu nkambi muri Tanzania, zimwe ngo zagiye zirenga igihugu zigakomereza muri Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo ndetse n’andi makuru adafitiwe gihamya yavuze ko hari n’abasirikare bagiye batoroka igihugu bitewe n’umutekano wabo utari wizewe. Ibitangamakuru mpuzamahanga ndetse n’amahanga yemeza ko mu Burundi hakirimo ibibazo ariko abayobozi baho bakabihakana, kandi burya nkuru ijya ivugirwa ubusa i Musozi. Kuva ari uko bimeze, ntihabura impungenge ko umutekano wazimira nk’uko byagenze mu 2015, umutwe w’Imbonerakure ushamikiye ku ishyaka rya CNDD-FDD wavuzwe ko uri inyuma y’ibi byose. Inzego zose muri iki gihugu zirasabwa gukora ibishoboka byose, amatora akazagenda neza, mu mutekano wa buri wese.


