Screenshot 2025-02-21 110346

FARDC irashinjwa gukangaranya no gusahura abaturage ba Lubero

Sangiza iyi nkuru

Kuri uyu wa Kane, Igisirikare cya Congo cyahamagariye abatorotse igisirikare kongera gusubira mu mitwe yabo, mu gihe abasirikari b’abanyarugomo barasaguraga ndetse bagasahura uduce tumwe na tumwe two mu burasirazuba bw’Umujyi wa Lubero nyuma yo guhunga imirwano yari hafi aho hamwe n’inyeshyamba za M23.

Ibi nk’uko tubikesha Ibiro Ntaramakuru by’Abongereza birerekana imidugararo ikomeje kwiyongera mu Ngabo za Congo imbere y’ibitero by’umutwe w’inyeshyamba M23, zigaruriye imijyi ibiri minini ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo kandi bitera ubwoba bw’intambara yagutse.

Itangazo ry’umuvugizi w’igisirikare ushinzwe ibikorwa mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru ryategetse abasirikare bahunze bakikije Lubero gusubira mu birindiro byabo mu masaha 12 maze bahamagarira abasirikare bose kwirinda ubujura n’ibindi bikorwa bitemewe.

Umuvugizi w’Ingabo za Congo, Sylvain Ekenge, yatangarije Reuters ko imirwano na M23 yakomeje hanze y’umujyi, mu majyepfo ya Teritwari ya Lubero, mu masaha 72 ashize.

Mu gitondo cyo kuwa Kane, abaturage batanu bo mu mujyi wa Lubero basobanuye ibintu birimo akajagari bifitanye isano no gutoroka kw’abasirikare ku mirongo y’imbere y’urugamba, harimo kurasa nta mpamvu no gusahura ku isoko ryo hagati no mu maduka acuruza telefoni zigendanwa n’imyambaro.

Umwe mu baturage yagize ati: “Ni imvururu zuzuye muri Lubero. Amasasu ashobora kumvikana … Abasirikare biruka mu mpande zose”.

Nyuma, umuyobozi w’umusirikare wa Lubero, Alain Kiwewa, yatangaje ko muri uyu mujyi ibintu byasubiye mu buryo kandi ashinja itsinda ry’abasirikare badafite ikinyabupfura kubiba ubwoba.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *