20231122182438414358_41c901b3-40ea-45f8-aad3-a8a9574ad904

FARDC iravuga ko M23 yongeye kuyigabaho uruhuri rw’ibitero

Sangiza iyi nkuru

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), kirashinja umutwe wa M23 kugaba uruhuri rw’ibitero ku birindiro by’ingabo zacyo biri mu ntara za Kivu y’Amajyaruguru ndetse n’iy’Amajyepfo.

Umuvugizi wa FARDC, GĂ©nĂ©ral-Major Sylvain Ekenge, kuri uyu wa Kabiri yatangaje ko ku wa 11 Kanama M23 yarashe ibirindiro by’ingabo za Leta zirwanira mu mazi bya Musenda biherereye hejuru y’ikiyaga cya Eduard, muri Teritwari ya Lubero.

Ekenge yavuze ko hagati y’itariki ya 12 n’iya 18 Kanama M23 bwo yarashe ibirindiro byinshi by’ingabo za Leta muri Kivu y’Amajyepfo, birimo ibya Mulamba biherereye muri Teritwari ya Walungu, ibya Lwindi na Muhuzi byo muri Groupement ya Kigogo ho muri Teritwari ya Mwenga, ibya Gahuruza/Chimbulungu biherereye muri Walungu, ndetse n’ibya Nzibira, Kankinda na Nyamarege muri Walungu.

FARDC ivuga ko biriya bitero binyuranyije n’amasezerano ya Washington ndetse n’amahame y’ibanze aganisha ku guhagarika intambara yasinyiwe i Doha muri Qatar mu kwezi gushize.

Yavuze kandi ko itanzeho umugabo Amerika na Qatar ko usibye kuba biriya bitero bigamije kudobya inzira y’ibiganiro bikomeje bigamije kuzana amahoro, hari n’abantu bishwe abandi bava mu byabo.

Yunzemo iti: “Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo zigomba gufata ingamba zikwiye mu rwego rwo gusubiza kuri ubwo bushotoranyi bwose bushyira mu kaga ubuzima bw’abaturage b’abasivile b’abanyamahoro.”

FARDC iravuga ko M23 imaze iminsi iyitera, mu gihe amakuru avuga ko ku Cyumweru gishize yagabye ibitero bikomeye kuri M23 ikoresheje za drones.

Ni ibitero byagabwe mu duce twa Nzibira na Mulamba, muri Teritwari ya Walungu.

Soma Izindi Nkuru

One Response

  1. biratangaje ukuntu abicanyi ba fardc batera M23 bagahita batabaza ko batewe arinako batanga ruswa mu binyamakuru ngo bibavugire.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *