FARDC iravuga ko yafatiye ku rugamba umugore wa Jamil Mukulu washinze ADF

Sangiza iyi nkuru

Igisirikare cya Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, FARDC kuri uyu wa Gatandatu, itariki 24 Ukwakira cyatangaje ko cyataye muri yombi umugore wa Jamil Mukulu, wari umuyobozi w’umutwe wa ADF ushinjwa kwicwa ibihumbi by’abaturage muri Beni kuva mu myaka itandatu ishize.

Amakuru aturuka muri FARDC agera ku rubuga Actualite.cd aravuga ko uyu mugore witwa Safi Adidja, yatawe muri yombi ku itariki 22 Ukwakira, afatiwe mu mirwano yahuzaga ingabo za Congo n’inyeshyamba za ADF, mu majyepfo y’agace ka Kainama, muri Teritwari ya Beni, mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.

Amakuru akomeza avuga ko uyu yakomerekejwe n’isasu mbere yo gufatwa ari kumwe n’abandi barwanyi batanu ba ADF.

Muri icyo gitero cyari cyagabwe na FARDC, abarwanyi 9 ba ADF barishwe abandi bane barakomereka.

Uyu mugore wa Jamil Mukulu nawe wari indwanyi yatawe muri yombi mu gihe umugabo we afungiye muri imwe muri gereza zo muri Uganda, aho yoherejwe nyuma yo gufatirwa muri Tanzania muri Mata 2015 ubwo yageragezaga gucika.

Yoherejwe muri Uganda nyuma y’amezi atatu afashwe kugirango aburanishwe ku byaha akurikiranweho byibasiye inyokomuntu byakorewe ku butaka bw’igihugu cye cya Uganda.

Uyu mugabo wahoze ari umukirisitu mbere yo guhindura idini akaba Umusilamu niwe washinzwe umutwe wa ADF (Allied Democratic Forces) ugizwe n’inyeshyamba zigendera ku matwara akaze ya kisilamu ahagana mu 1990 ndetse awushingira muri Uganda mbere yo kwimurira ibikorwa byawo mu burasirazuba bwa Congo aho ugikorera nubwo we afunze.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *