FARDC iravuga ko yisubije Umujyi wa Kalembe iwambuye M23

Sangiza iyi nkuru

Kuri uyu wa Kabiri, Ingabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC) zavuze ko zisubije Umujyi wa Kalembe wo mu burasirazuba umunsi umwe nyuma yo gufatwa n’inyeshyamba za M23.

Ku Cyumweru, Kalembe, umujyi muto mu gace ka Walikale muri Kivu y’Amajyaruguru waje gufatwa na M23 mu gitondo cyo ku Cyumweru ziwatse Ingabo za Congozifatanyije n’inyeshyamba za Wazalendo z’imitwe yitwaje intwaro.

Umuvugizi w’Ingabo za Congo, Sylvain Ekenge, yatangaje ko Kalembe yafashwe ku wa Mbere nk’uko iyi nkuru dukesha Reuters ivuga.

Kuri uyu wa Kabiri, itariki 21 Ukwakira, kuri telefone yavuze ko imirwano hagati ya Wazalendo na M23 yabereye mu turere tutagenzurwaga n’ingabo.

Yavuze ko ingabo za leta zajyanywe muri kajugujugu mu gitondo cyo kuwa Mbere kugira ngo zikemure iki kibazo.

M23 ntabwo yahise isubiza icyifuzo cyo gutanga ibisobanuro.

Umwe mu bayobozi bo mu gace ka Walikale, Kabaki Alimasi, yemeje ko ingabo zisubije umujyi ariko avuga ko imirwano ikomeje hafi yaho.

Ati: “M23 ntabwo iri kure.” “Dushobora kumva urusaku rw’amasasu, abaturage bahunze ntibaragaruka.”

Kubera ko agace ka Kalembe nta terefone igendanwa iyo ari yo yose ubu ikora, ngo biragoye kubona amakuru ahagije ku byavuye mu mirwano yakomeje kuri uyu wa Mbere ushize..

Soma Izindi Nkuru

One Response

  1. FARDC iravuga ko yisubije Umujyi wa Kalembe iwambuye M23
    Leta nzima yigamba kugaruza umujyi cg centre yafashwe n’onyeshyamba kweri . Mbese ubwo murumva ari ishema mwakoze ibiremereye. Nagiye kuwufata muri he?Icyo mpamya cyo niba ari uko bimeze ntabwo M23 yawubaha. Ahubwo igiye kubaca inyuma ibahumbahumbe. Dore aho nobereye.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *