Ubuyobozi bw’Intara ya Kivu ya ruguru buravuga ko imisozi ya “Chanzu na Runyoni yari yatewe na M23 ubu igenzurwa n’ingabo za leta mu mirwano yabaye kuwa Mbere nimugoroba. Ubuyobozi burahamagarira abaturage gukomeza kugirira icyizere igisirikare “cyacu cyiyemeje kurandura abo banzi b’amahoro”. Mu mirwano y’amasaha make mu ijoro rishyira kuwa Mbere ingabo za leta zahunze ako gace ka Jomba muri Rutshuru n’abaturage babarirwa mu bihumbi bava mu byabo, mbere y’uko hoherezwa ingabo nyinshi zirukana abo barwanyi mu mirwano yabaye kuwa mbere nimugoroba. Chimpreports yatangaje ko abaturage bakimara kumva ko inyeshyamba zashushubikanyijwe, ubu bamwe batangiye gusubira iwabo. Ni mu gihe ababarirwa mu bihumbi bari bamaze kugera muri Uganda, bahunga imirwano. Abarwanyi ba M23, umutwe umaze imyaka hafi 10 waratsinzwe intambara ukanumvikana na leta ku masezerano y’amahoro ni bo bakekwaho kugaba ibi bitero, ariko perezida wa politiki w’uyu mutwe uba i Kampala yasohoye itangazo rivuga ko atari bo. Ingabo z’u Rwanda nazo zasohoye itangazo rihakana ibyavuzwe ko “abo barwanyi bikekwa ko ari abahoze muri M23” baba “baravuye cyangwa bagahungira mu Rwanda”. Kuri iyi ngingo, abasesenguzi bavuga ko uku kwitana bamwana kuri iki kibazo gushobora gukurura umwuka mubi hagati ya Kinshasa na Kigali ndetse na Kampala. Ni mu gihe hari amakuru akomeje gukwirakwizwa ko abateye bavuye muri Uganda cyangwa mu Rwanda. Mu Kuboza 2013 i Nairobi, leta y’uwari perezida Joseph Kabila yasinye amasezerano yo kurangiza intambara na M23, yari akubiyemo ibyo gusubiza mu buzima busanzwe abari abarwanyi b’uyu mutwe, abandi bagashyirwa mu gisirikare. Perezida Félix Tshisekedi ageze ku butegetsi yemeye kubahiriza bimwe mu biri muri ayo masezerano, ndetse itangazo rya M23 rihakana uruhare mu bitero byo kuwa mbere rivuga ko abarwanyi bayo kuva mu 2017 bari muri Rutshuru bategereje ishyirwa mu bikorwa ry’ibyo bumvikanye na leta.


