FC Barcelona na Manchester United zatangiye nabi UEFA Champions league

Sangiza iyi nkuru

Ikipe ya FC Barcelona yo muri Espagne na Manchester United yo mu Bwongereza, zaraye zitangiye imikino ya UEFA Champions league zitsindwa.

Manchester United irangajwe imbere na Cristiano Ronaldo, yari yasuye Young Boys yo mu Busuwisi mu mukino wa mbere wo mu itsinda F, itsindwa i Been ibitego 2-1.

Cristiano Ronaldo ni we wafunguye amazamu ku munota wa 13, mbere y’uko Young Boys itangira kwatsa umuriro ku izamu rya Manchester United.

Iby’iyi kipe y’umutoza Ole Gunnar Solskjaer byabaye bibi kurushaho ubwo Aaron Wan-Bissaka yerekwaga ikarita itukura ku munota wa 35 w’umukino, nyuma yo gukinira nabi Christopher Martins.

Young Boys yatatse ikipe ya Man United, gusa kumenera mu rukuta rw’ubwugarizi bwa Raphael Varane na Harry Maguire bikaba ingorabahizi.

Iyi kipe yaje kwishyura igitego yari yatsinzwe ku munota wa 66 w’umukino ibifashijwemo na Moumi Ngamaleu, mbere y’uko Umunyamerika Jordan Pefok ayitsindira icya kabiri ku munota wa 90+5 nyuma yo kungukira ku makosa ya Jesse Lingard.

FC Barcelona yasubiriwe na Bayern Munich

Undi mukino wabaye ni uwahuje FC Barcelona yari yakiriye Bayern Munich i Camp Nou, ihatsindirwa ibitego 3-0.

Ni Barcelona yatangiraga urugendo rushya muri UEFA Champions league idafite Messi, ariko nanone ikaba yagombaga kwihagararaho imbere ya Bayern yari yarayinyagiye ibitego 8-2 mu mwaka ushize.

Igitego cya Thomas MĂĽeller cyo ku munota wa 34 n’ibya Robert Lewandowski byo mu gice cya kabiri cy’umukino ni byo byafashije Bayern Munich gukura amanota atatu ya mbere muri Espagne.

Mu yindi mikino:

Sevilla yaguye miswi na Salzburg igitego 1-1, Dinamo Kyiv na Benefica banganya 0-0, Villarreal na Atalanta banganya 2-2, Lille na Wolfsburg banganya 0-0, Malmo itsindwa na Juventus 3-0 mu gihe Chelsea yatsinze Zenit St Petersburg igitego 1-0.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV->https://www.youtube.com/channel/UC_Wx4Sy2IawVLtp5-QMRhnQ]

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *