Ikipe ya FC Barcelona yaciye amarenga y’uko Lionel Messi akiri umukinnyi wayo, binyuze mu butumwa iyi kipe yanyujije ku rubuga rwayo rwa Twitter.
Magingo aya Messi nta kipe afite nyuma yo kurangiza amasezerano yari afitanye na FC Barcelona ku wa 30 Kamena 2020.
Kuba uyu mugabo nta kipe ifite, byazamuye ibihuha by’uko hari amakipe nka PSG, Manchester City na Inter Milan yaba amwifuriza, n’ubwo amakuru menshi amugumisha muri FC Barcelona yakiniye ubuzima bwe bwose.
Iyi kipe y’i Catalunya ibinyujije ku rubuga rwayo rwa Twitter yagaragaje ko Messi akiri muri gahunda zayo.
Ni ubutumwa bukubiye mu ifoto ya Messi Barça yashyize kuri Twitter yayo, yishimira igitego cya gatatu yari amaze gutsinda mu mukino ikipe ye y’Igihugu ya Argentine yari imaze gutsindamo Ecuador ibitego 3-0 muri 1/2 cy’irangiza cya Copa America.
Messi ni we watsinze igitego cya gatatu kuri Coup-franc yo mu minota ya nyuma y’umukino.
FC Barcelona nta magambo aherekeza iriya foto yigeze yandika, gusa abenshi babihuje no kuba yashakaga kwerekana ko Messi ntaho azajya, binajyanye n’uko nta kipe n’imwe ikunze kuvuga ku bakinnyi batari abayo uretse mu gihe cyo gutambutsa ubutumwa bwihanganisha.
Magingo aya Lionel Messi na bagenzi be bari Copa America igeze muri 1/2 cy’irangiza, aho muri iki cyiciro bazakina na Colombia ku wa Gatatu w’iki cyumweru.
Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV->https://www.youtube.com/channel/UC_Wx4Sy2IawVLtp5-QMRhnQ]


