Abasirikare batatu ba FARDC biciwe mu gico batezwe n’inyeshyamba zitaramenyekana muri Pariki ya Virunga, mu gace ka Kibumba, muri Teritwari ya Nyiragongo kuri uyu wa Mbere, itariki 23 Ugushyingo 2020, umutwe wa FDLR akaba ari wo ukekwaho kuba inyuma y’iki gikorwa.
Aya makuru yemejwe n’umuvugizi w’ibikorwa bya gisirikare bya Sokola 2, Major Guillaume Ndjike Kaïko nk’uko tubikesha urubuga 7SUR7.CD.
Yagize ati: “Ryari irondo ry’abantu bacu. Abagizi ba nabi baturutse Rugari basahuye inka 12 mu baturage. Abantu bacu rero bagerageje gukurikirana izo nyeshyamba zahungiye muri Parike ya Virunga kandi niho bagwiriye mu mutego. Twatakaje abantu 3, ariko twabonye inka imwe. Ubu nkuvugisha, dukomeje gushakisha ngo tugarure izindi nka zose.”
Sosiyete sivile yo muri iki gice iranenga ukuntu imitwe yitwaje intwaro ikomeje kuhagaragara nubwo hakomeje kubera ibikorwa bya gisirikare. Aba barakeka inyeshyamba z’Abanyarwanda zo mu mutwe wa FDLR ari zo ziri inyuma y’iki gikorwa cyo kuri uyu wa Mbere.


