Florida: Komanda wa polisi yategetse abo ayoboye kutambara udupfukamunwa, uzabirengaho azirukanwa

Sangiza iyi nkuru

Komanda wa Polisi mu gace ka Marion muri leta ya Florida, imwe mu zunze ubumwe bw’Amerika, Billy Woods yategetse abo ahagarariye kutambara udupfukamunwa twifashishwa mu kwirinda icyorezo cya Covid-19, uwazabirengaho akazirukanwa.

Iri tegeko rya Sheriff Woods rikubiye mu butumwa yageneye abo abuyoboye tariki ya 11 Kanama 2020, abucishije kuri e-mail. Ati: “Itegeko ryanjye rizakurikizwa ubwo muzaba muri mu kazi, mukora nk’abakozi, mumpagarariye mu biro-nta dupfukamunwa muzambara.”

Yakomeje avuga ko kandi iri bwiriza rirebe n’uwo ari we wese uzabakeneraho serivisi, ati: “Umuntu wese uzaza ku biro yambaye agapfukamunwa, azasabwa guhita agakuramo.”

Sheriff Woods asobanura ko impamvu abuza abo ayoboye n’abagana ibiro bya polisi kwambara udupfukamunwa ari ukugira ngo itumanaho hagati yabo rigende neza, ikindi kandi ngo bizatuma uwinjiye mu biro wese amenyekana, aha yagaragaje ko uwambaye agapfukamunwa atamenyekana neza kubera ko igice kinini cy’isura aba agihishe.

Umuntu utazemera gukuramo agapfukamunwa, nta kuzuyaza ngo agomba kuva aho ngaho. Ati: “Niba umuntu adashaka gukuramo agapfukamunwa, azasabwa kugenda.

Nk’uko inkuru ya USA Today ibivuga, muri Amerika, uduce nka Ocala na Marion hashizweho itegeko ryo kutambara udupfukamunwa ku bayobozi n’abashinzwe umutekano kugira ngo ubwumvane (communication) hagati yabo n’ababagana bugende neza.

Gusa Sheriff Woods yemerera abari ahari ibyago byinshi byo kwandura Covid-19 nko mu nkiko, gereza, mu mashuri no mu bitaro; gukomeza kwambara udupfukamunwa. Ati: “Nta mpaka zigikenewe, itegeko ryanjye rikurikizwe.”

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *