Mu gihe Ali Bongo wahoze ari Perezida wa Gaboni atari mu baregwa, umugore we, Sylvia, umuhungu we w’imfura Noureddin, n’abandi 11 babegereye bahoze mu myanya ikomeye mu buyobozi bazaburanishwa ku byaha 12 guhera kuri uyu wa Mbere, itariki ya 10 Ugushyingo. Icyakora, umugore n’umuhungu w’uwahoze ari umukuru w’igihugu, wahiritswe ku butegetsi ku itarikiya 30 Kanama 2023, ntibazaba bari mu iburanishwa ryabo.
Ni urubanza rukomeye rutangira kuri uyu wa Mbere, itariki ya 10 Ugushyingo, muri Gabon aho, umugore wa Ali Bongo, Sylvia n’umuhungu we w’imfura Noureddin, na bagenzi babo 11 bareganwa bazaba bari imbere y’urukiko mu cyumweru cyose. Iri tsinda ryiswe “Young Team,” ry’abayobozi bakiri bato riregwa kuba ryarigaruriye ingufu z’ubutunzi n’umutungo mu ngoro ya perezida nk’uko inkuru dukesha RFI ivuga.

Aba bazaba bari ku ntebe y’abaregwa kugeza ku wa Gatanu kugira ngo basubize, ku buryo butandukanye, uruhare rwabo mu byaha 12 baregwa birimo “kunyereza umutungo wa Leta,” “guhimba no gukoresha inyandiko mpimbano,” “ruswa ,” “icyaha cy’iyezandonke,” “kwifatanya n’abagizi ba nabi,” “kwakira ibicuruzwa byibwe,” “kwigana kashe z’ubutegetsi,” no “kwiyitirira inshingano n’imirimo batemerewe.” Umugore n’umuhungu w’uwahoze ari pererezida ntibazaba bari mu rubanza kuko bavuye muri Gabon muri Gicurasi,
Bazaba bakurikirana urubanza bari mu i Londres, aho bahungiye nyuma y’uko Perezida Brice Clothaire Oligui Nguema yemeye kubareka bakava mu gihugu, ariko na bo bakemera ko batazongera kugira ijambo muri politiki y’igihugu. Nyamara kuva bagenda, ba Bongo bahisemo ukundi none basigaye bumvikana bibasira abategetsi bashya ba Gabon.


